Anita Annet Among wabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yashimiye Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, wamubabariye akamufungura nyuma y’iminsi yari amaze afungiye mu rugo iwe.
Imbabazi zahawe Among zatangajwe ku wa 25 Kanama 2026.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ku wa 26 Kanama, Among yavuze ko ashimira Imana kubera ubuzima n’ubwisanzure yabonye.
Ati “Ndashimira Imana Ishobora byose kubera impano y’ubuzima n’ubwisanzure yampaye. Ndashimira byimazeyo Perezida Yoweri Kaguta Museveni kubera ubuntu bwe bukomeye bwa kibyeyi ndetse n’icyemezo yafashe cyo kungirira imbabazi.”
Yakomeje ashimira Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (CDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, avuga ko yagaragaje ubunyamwuga mu gihe cyose iki kibazo cyamaze
Ati “Ndashimira kandi Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen. Muhoozi Kainerugaba, kubera ubunyamwuga yagaragaje muri iki gihe.”
Annet Among yavuze ko nk’Umudepite uhagarariye abagore mu Karere ka Bukedea, yiteguye gukomeza inshingano ze no gukorana n’ubuyobozi buriho.
Among yari amaze igihe mu bibazo bya politiki nyuma yo gushinjwa kunyereza umutungo mu nteko ishinga amategeko ya Uganda.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!