Ingendo z’indege ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Jomo Kenyatta (JKIA) ndetse n’ibindi bibuga by’indege muri Kenya zahungabanye nyuma y’uko abakozi b’Ikigo gishinzwe ibibuga by’indege muri Kenya (KAA) n’Ikigo gishinzwe iby’indege za gisivili (KCAA) batashyize umuhate mu kazi mu buryo bwo kwigaragambya.
Iyi myigaragambyo yatumye indege nyinshi zari ziteganyijwe guhaguruka kuva Saa Mbiri za mu gitondo ziguma hasi amasaha menshi, bikereza abagenzi benshi.
Abagenzi bari ku bibuga by’indege bagaragaje ko batishimiye uko ibintu byari byifashe, kuko indege zatindaga kandi ibigo by’indege bitari byatangaza igihe nyacyo ibikorwa bisanzwe bizasubukurirwa.
Kugeza ubu ntiharamenyekana icyateye abakozi kwigaragambya muri ubwo buryo. Abayobozi bavuze ko abakozi batatanze integuza y’imyigaragambyo mbere y’uko itangira.
Ikigo gishinzwe ibibuga by’indege muri Kenya (KAA) cyasabye abagenzi n’abakoresha ibibuga by’indege kwihangana.
KAA yagize iti “Turimo gukorana n’inzego bireba mu by’indege, ibigo by’indege ndetse n’abandi bafatanyabikorwa kugira ngo dukemure iki kibazo, tugabanye ihungabana ndetse tunafashe ibikorwa by’ibibuga by’indege gukomeza neza.”
Iki kigo kandi cyasabye abagenzi kwegera ibigo by’indege bakoresha kugira ngo babone amakuru agezweho ku ngendo zabo kandi bategure neza ingendo zabo.
Abatangabuhamya bavuga ko bamwe mu bakozi bari babujije abantu kwinjira mu bice bimwe by’ibibuga by’indege bya JKIA na Wilson Airport ubwo imyigaragambyo yari ikomeje.
Inzego z’umutekano zamenyeshejwe ibyabaye, ndetse Polisi itangira gukurikirana abakekwaho kuba inyuma y’ibi bikorwa.
Iri hungabana ryaje mu gihe ibibuga by’indege bya Kenya byari bikomeje kwakira abagenzi benshi, aho JKIA ari cyo kibuga kinini kandi gikoreshwa cyane mu ngendo mpuzamahanga muri icyo gihugu.
Kugeza ubu, KAA yavuze ko ikomeje gukorana n’inzego bireba kugira ngo ibikorwa by’indege bisubire ku murongo kandi abagenzi bakomeze kubona serivisi zisanzwe.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!