IGIHE

Abishwe na Ebola muri RDC barenze 3.000

0 2-09-2026 - saa 12:40, IGIHE

Abantu barenga 3.000 bamaze guhitanwa n’icyorezo cya Ebola cyugarije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu gihe umubare w’abanduye ukomeje kwiyongera ku buryo butigeze bubaho.

Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ya RDC igaragaza ko abanduye iki cyorezo ari abantu 6.186, barimo 3.007 bapfuye, kuva Ebola yatangazwa hagati muri Gicurasi 2026. Iki ni cyo cyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira ku muvuduko ukabije kurusha ibindi byigeze kubaho.

Iki cyorezo cyibasiye cyane cyane ibice by’uburasirazuba bwa RDC, aho gukumira ikwirakwira ryacyo bikomwa mu nkokora n’ibibazo bitandukanye birimo umutekano muke, ibitero bigabwa ku bakozi b’ubuzima ndetse n’ubuke bw’ibikorwaremezo by’ubuvuzi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ryatangaje ko iki cyorezo gishobora kuba ari cyo gikomeye kurusha ibindi, kikaba cyarenga icyabaye muri Afurika y’Iburengerazuba hagati ya 2014 na 2016, cyahitanye abantu bagera ku 11.000.

Iki cyorezo giterwa na virusi ya Bundibugyo, imwe mu moko ya Ebola adakunze kuboneka. Kugeza ubu nta rukingo rwemewe cyangwa umuti wihariye wo kuvura iyi virusi uraboneka.

Nubwo bimeze bityo, Leta ya RDC ikomeje gukoresha urukingo rwa Ervebo, rwagiye rufasha mu guhangana n’ibyorezo bya Ebola byabanje kandi OMS ivuga ko rushobora gufasha mu kurinda abantu baruhabwa.

Kugeza ubu, virusi ya Ebola imaze kugera mu ntara esheshatu za RDC.

Abishwe na Ebola muri RDC barenze 3.000
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza