IGIHE

Abantu 37 bapfiriye mu mpanuka y’umuyoboro wa peteroli muri Nigeria

0 4-09-2026 - saa 22:55, IGIHE

Umuryango uharanira kubungabunga ibidukikije watangaje ko abantu 37 bapfuye nyuma yo guhumeka imyuka yangiza ubwo bageragezaga kuvoma peteroli mu muyoboro wayo mu majyepfo ya Nigeria.

Iyi mpanuka yabereye mu gace ka Okarki, muri Leta ya Rivers, ubwo abantu bari batangiye gukura peteroli mu muyoboro wari wangiritse. Bamwe mu bapfuye baguye mu gihe bageragezaga kwiba peteroli yari isohotse mu muyoboro.

Umuvugizi wa Polisi muri Rivers, ASP Blessing Kaboro Agabe, yavuze ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane neza uko ibyabaye byagenze n’ababigizemo uruhare.

Iyi mpanuka yongeye kugaragaza ikibazo kimaze igihe muri Nigeria cy’ibikorwa byo kwiba peteroli no kwangiza imiyoboro yayo, bikunze guteza impfu, kwangiza ibidukikije ndetse no guhungabanya ubukungu bw’igihugu.

Umuryango Youths and Environmental Advocacy Centre wavuze ko iyi mpanuka yabereye hafi y’ahantu hari ubwato bupakira peteroli, ndetse ko hari n’abandi bantu baburiwe irengero mu ruzi. Abashinzwe umutekano bavuze ko imibare yatangajwe mbere itari yemezwa burundu kandi ko hakiri gukorwa iperereza.

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza