IGIHE

Uganda izakomeza kohereza ingabo zo kubungabunga amahoro muri Somalia

0 16-08-2026 - saa 14:21, Utuje Cedric

Minisitiri w’Ingabo za Uganda, Kiwanuka Kiryowa, yavuze ko ingabo z’iki gihugu zizaguma mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Somalia nubwo mu ntangiriro za Nyakanga 2026, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitangaje ko zigiye guhagarika inkunga zigenera Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zikorera muri Somalia.

Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru cyabaye ku wa 14 Kanama 2026.

Iyi nkunga yagiraga uruhare mu gufasha Ingabo za Uganda ziri muri Somalia mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bugamije kubungabunga no kugarura amahoro n’umutekano, AUSSOM, zifatanyije n’iza Somalia.

Biteganyijwe ko ubu butumwa bwo kugarura amahoro muri Somalia buzarangira mu mpera za 2026.

Uganda ni kimwe mu bihugu bitandatu byagize uruhare mu kugarura amahoro muri Somalia birimo Burundi, Djibouti, Misiri, Ethiopia, Kenya na Uganda.

Muri iki kiganiro n’Itangazamakuru Minisitiri w’Ingabo za Uganda, Kiwanuka Kiryowa, yavuze ko ingabo z’iki gihugu zizaguma mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Somalia.

Ati “Ingabo za Uganda zizaguma muri Somalia.”

Uganda imaze igihe iri ku isonga mu kugarura amahoro muri Somalia kuva mu 2007 gusa Al-Shabaab iracyagaba ibitero bitandukanye by’iterabwoba.

Uganda isanzwe ifite abasirikare 4500 mu bihumbi 12 biriyo. Mu masezerano Uganda yagiranye na Somalia mu 2024 hemejwe ko hazoherezwayo abandi 2000.

Bityo bamwe mu basirikare ba Uganda bakorera AU bashobora kwimurirwa muri ubwo butumwa bundi bwa gisirikare. Minisitiri yavuze ko kugira ngo ibyo bishoboke, Uganda ikeneye “ubushobozi” kandi iri gushaka “inkunga”, harimo n’ituruka mu mahanga.

Uganda ikomeje kugaragaza ubushake bwo kurwanya al-Shabaab kubera ko uwo mutwe wagabye igitero i Kampala mu 2010, kigahitana abantu 76.

Uganda izakomeza kohereza ingabo zo kubungabunga amahoro muri Somalia
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza