IGIHE

RDC: Ebola yatangiye kwica abaturage bucece muri Mutarama?

0 4-08-2026 - saa 12:21, Jean de Dieu Tuyizere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo cyaba cyaratangiye gukwirakwira mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera za Mutarama 2026 nubwo cyatangajwe hashize amezi ane.

Tariki ya 15 Gicurasi 2026 ni bwo Minisiteri y’Ubuzima muri RDC yatangaje ko Intara ya Ituri yabonetsemo umurwayi wa mbere wa Ebola. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ryagaragaje ko gutahura iki cyorezo byatinze kuko cyari kimaze igihe cyirara mu baturage.

Abashakashatsi batatu bamaze hafi ukwezi bakora iperereza muri santere ya Mongbwalu, iri mu ntera y’ibilometero hafi 80 uvuye mu Mujyi wa Bunia, ari na ho Minisiteri y’Ubuzima yavugaga ko iki cyorezo cyatangiriye.

Basanze hari umugore w’imyaka 50 wapfiriye muri Mongbwalu tariki ya 25 Mutarama 2026, aruka amaraso. Nyuma y’urupfu rwe, bamwe mu bagize umuryango we ndetse n’abandi bamwegereye batangiye kugaragaza ibimenyetso bya Ebola.

Nk’uko ubu bushakashatsi bubisobanura, aba bashakashatsi bahamya ko uyu mugore wabaga mu cyaro cyo muri Mongbwalu yivurije mu bitaro byaho, ahageza iyi ndwara.

Iyi ndwara ngo yaba yarabanje kwibasira uduce two ku nkengero za santere ya Mongbwalu kugeza ubwo inzego zamenyaga ko iki cyorezo cyugarije abaturage muri Gicurasi.

Ubu bushakashatsi bw’ibanze bwatangarijwe ku rubuga ‘Science’ buvuga ko ubwo Leta ya RDC yatangazaga iki cyorezo, gishobora kuba cyari cyarakwirakwiye bucece ahantu henshi.

Abashakashatsi bavuga ko hari impamvu zitandukanye zishobora kuba zaratumye Ebola yemezwa bitinze zirimo imyumvire yatumye Abanye-Congo bahisha amakuru no kwitiranya ibimenyetso bya Ebola n’izindi ndwara.

Minisiteri y’Ubuzima muri RDC igaragaza ko kugeza ku wa 1 Kanama, abantu 3748 ari bo bari bamaze kwandura Ebola barimo 1657.

Abashakashatsi bagaragaje ko umuntu wa mbere bikekwa ko yari arwaye Ebola ya Bundibugyo yapfuye muri Mutarama 2026
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza