Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yatangaje ko ibikorwa by’indege zitagira abapilote (drones) za Ukraine byagize uruhare rukomeye mu guhungabanya ikoreshwa ry’ikirere cy’u Burusiya.
Perezida Zelenskyy yatangaje ko ibikorwa by’izi drones byatumye ibigo bikora ingendo z’indege, abishingizi ndetse n’abakoresha indege mu kirere cy’u Burusiya bahura n’ibibazo bikomeye. Yavuze ko abashaka gukomeza gukoresha icyo kirere bagomba kubitekerezaho cyane kubera impinduka zabayeho.
Yavuze ko Ukraine itabangamira umutekano w’indege zitwara abasivili, ariko ko kuba drones ziri kugaragara mu kirere cy’u Burusiya ari ibintu bigomba kwitabwaho.
Zelenskyy yavuze ko nubwo inzego z’u Burusiya zitajya zitangaza buri gihe ibijyanye n’ibibazo by’indege, ibikorwa by’izi drones byagize ingaruka ku mikorere y’ikirere cy’igihugu.
Ni mu gihe u Burusiya bugikomeje kugaba ibitero kuri Kyiv no mu yindi mijyi ya Ukraine, na Ukraine ikarasa ku bice bitandukanye by’u Burusiya byombi bikoresheje drones.
Zelenskyy yemeje ko ibitero bya drones ari bumwe mu buryo Ukraine ikoresha mu kwihimura ku bitero igabwaho, ndetse bigamije guca intege u Burusiya.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!