IGIHE

Umwana w’imyaka 15 yakatiwe gufungwa imyaka 100

0 2-08-2026 - saa 20:25, IGIHE

Umwana w’imyaka 15 wo muri Leta ya Indiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Jo’Majze Larry, yakatiwe igifungo cy’imyaka 100 nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ubwicanyi mu rubanza rw’irasa ryahitanye umugore umwe, rigakomera undi ndetse n’undi muntu agakomereka nyuma yo kugongwa n’imodoka yari ihunze aho amasasu yarasiwe.

Larry wo mu mujyi wa Anderson, muri Indiana, yakatiwe iki gihano ku wa Gatatu, mu iburanisha ryabereye imbere y’Umucamanza David Happe w’Urukiko rw’Akarere ka Madison.

Uyu musore yari umwe mu bantu bane bashinjwe uruhare mu rupfu rwa Dayla Swain, umugore w’imyaka 26 warashwe muri Gashyantare 2025 hanze y’akabyiniro gaherereye mu mujyi wa Anderson, mu nkengero z’umujyi wa Indianapolis. Abashinjacyaha bavuze ko abaregwa bari abanyamuryango b’umutwe w’abagizi ba nabi witwa Mickey Cobra Nation (MCN).

Abashinjacyaha bavuze ko Dayla Swain atari we wari ugambiriwe kwicwa, ahubwo ko yishwe ubwo habaga igikorwa cyo kugerageza kwica undi muntu wari umuhamya w’urundi rupfu rwabaye mbere.

Bavuga ko urwo rupfu rwari rufitanye isano n’iyicwa ry’umusore w’imyaka 15 witwa Jullian Craig, wishwe mu 2023 ubwo habaga igikorwa cyo kumwambura hakoreshejwe intwaro. Abashinjacyaha bavuze ko nyuma y’urupfu rwa Craig, Larry na bagenzi be bafatanyije gutegura umugambi wo kwica umwe mu bantu bari bafite amakuru ku rupfu rwe.

Icyo gikorwa cyabaye ku wa 2 Gashyantare 2025 hanze y’akabyiniro Sonny Ray’s nightclub i Anderson, ariko Swain wari utari we wari ugambiriwe ni we wahitanywe n’amasasu.

Igihano cy’imyaka 100

Urukiko rwakatiye Larry imyaka 50 y’igifungo kubera ubwicanyi bwakorewe Dayla Swain, rumwongeraho indi myaka 50 kubera kuba umwe mu bagize umutwe w’abagizi ba nabi. Ibyo byatumye igihano cye cyose kigera ku myaka 100 y’igifungo.

Rashawn Samuels, ufite imyaka 19 akaba yaraburanishijwe hamwe na Larry, na we yakatiwe imyaka 125 y’igifungo. Yahawe imyaka 62 n’igice kubera ubwicanyi ndetse n’indi myaka 62 n’igice kubera kuba mu mutwe w’abagizi ba nabi.

Ibiro by’Umushinjacyaha wa Madison County byavuze ko amategeko ya Indiana afata imitwe y’abagizi ba nabi nk’ibikorwa bishobora guteza umutekano muke kurushaho, kubera ko ihuza ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, igashishikariza abandi kubigiramo uruhare ndetse rimwe na rimwe igakora ibyaha igamije inyungu cyangwa kugera ku ntego zayo.

Larry na Samuels kandi bahamwe n’ibyaha byo kugerageza kwica umuntu no gucura umugambi wo gukora ubwicanyi.

Nubwo Larry yakatiwe imyaka 100, kuba yari ataruzuza imyaka 18 igihe icyaha cyakorwaga bituma amategeko ya Indiana amuha uburenganzira bwo gusaba ko igihano cye gisubirwamo n’urukiko amaze nibura imyaka 20 afunzwe, atabanje gusaba uruhushya rw’umushinjacyaha.

Jo’Majze Larry w’imyaka 15 yakatiwe gufungwa imyaka 100
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza