Abantu icyenda baguye mu gitero cyababwe kuri bisi itwaye abagenzi mu gace ka Luhansk kagenzurwa n’u Burusiya, mu burasirazuba bwa Ukraine, nk’uko umuyobozi w’ako gace washyizweho n’u Burusiya, Leonid Pasechnik, yabitangaje.
Pasechnik yavuze ko icyo gitero cyagabwe kuri bisi yari iri mu rugendo, ariko ntiyatangaza amakuru arambuye ku gitero n’icyateye urupfu rw’abo bantu.
Amakuru yatangajwe agaragaza ko icyo gitero cyabereye mu gice cya Luhansk kiri mu burasirazuba bwa Ukraine, aho u Burusiya buvuga ko bugenzura.
Pasechnik yavuze ko iyo bisi yari ivuye i Lysychansk yerekeza i Kadivka igihe yagabwagaho igitero. Nta yandi makuru yatangajwe ku byabaye muri icyo gitero.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!