U Burusiya bwatangaje ko abantu barindwi, barimo abana batatu, bishwe n’igitero cya drone yaturutse muri Ukraine igwa ku mucanga ukorerwaho ubukerarugendo mu majyepfo y’u Burusiya, naho abandi 40 barakomereka.
Ubuyobozi bw’intara ya Krasnodar bwavuze ko abantu 40 bakomerekeye muri icyo gitero, aho 17 muri bo bajyanywe mu bitaro.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza drone yerekeza ku gace k’umucanga aho ba mukerarugendo bari bari kwishimisha.
Guverineri wa Krasnodar, Veniamin Kondratyev, yashinje Ukraine kugaba nkana igitero ku basivili. Gusa Ukraine ntacyo yatangaje kuri iki gitero.
Igitero cyagabwe ku mucanga uri hafi ya Arkhipo-Osipovka ku Nyanja y’Umukara, ahantu Abarusiya benshi bajya kuruhukira mu bihe by’ubushyuhe.
Iki gitero cyagabwe mu gihe Ukraine n’u Burusiya byakajije ibitero bya drone byibasira ibikorwaremezo n’ububiko bw’intwaro zitandukanye byifashishwa muri iyi intambara yatangijwe n’u Burusiya kuva muri Gashyantare 2022.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!