IGIHE

U Burusiya bwagerageje misile yagera muri Amerika

0 29-08-2026 - saa 10:26, Jean de Dieu Tuyizere

U Burusiya bwagerageje misile ya rutura yambukiranya imigabane, ikaba ifite ubushobozi bwo kugera ku mugabane wa Amerika.

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yagaragaje ko iyi misile yaturutse mu gace ka Arkhangelsk gaherereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu, igera mu gace ka Kura kari mu ntara ya Kamchatka iri mu burasirazuba, kandi ko yageragejwe neza.

Iyo misile ifite ubushobozi bwo kugenda intera irenga kilometero 6700. Bivuze ko ibaye yoherejwe mu bice bya kure nko muri Amerika, yahagera mu gihe gito.

Iri geregeza ryabaye ny’aho Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi rwa Amerika (CIA), John Ratcliffe, agiriye uruzinduko rutunguranye i Moscow tariki ya 25 Kanama, aho yaganiriye na mugenzi we w’u Burusiya, Sergei Naryshkin.

Ibinyamakuru byo muri Amerika byatangaje ko uru ruzinduko rwari rugamije gusaba u Burusiya kudatera igihugu kigize umuryango NATO.

Umuvugizi wa Perezida Vladimir Putin, Dmitry Peskov, yavuze ko Ratcliffe atigeze ahura na Putin, ahubwo ko ibiganiro byabaye hagati y’inzego z’ubutasi.

Igerageza rya misile ribaye mu gihe intambara yo muri Ukraine ikomeje, aho Perezida Volodymyr Zelensky yatangaje ko yahaye igisirikare cye amabwiriza yo kongera ibitero bya drones mu Burusiya, bikagera ku 1000 bivuye kuri 300 ku munsi.

Zelensky kandi yavuze ko Amerika yahaye Ukraine amakuru ku biganiro bitandukanye byabereye i Moscow mu minsi ishize, nubwo atatanze ibisobanuro birambuye ku byavugiwe muri ibyo biganiro.

Misile u Burusiya bwagerageje ifite ubushobozi bwo kugera ku ntera y'ibilometero 6700
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza