IGIHE

Sosiyete yo mu Bubiligi iri mu nkiko ishinjwa uruhare mu kunyereza umutungo wa RDC

0 2-09-2026 - saa 07:56, Jean de Dieu Tuyizere

Urukiko rwo mu Bubiligi rwanzuye ko ikigo cy’i Bruxelles gikora pasiporo, Semlex, n’abantu 13 bareganwa bazaburanishwa ibyaha bya ruswa ndetse no kunyereza umusoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi byaha bifitanye isano n’amasezerano yo gukora pasiporo z’ikoranabuhanga ubutegetsi bwa RDC bwagiranye na Semlex, yashyizwe mu bikorwa kuva mu 2015 kugeza mu 2025.

Umwanzuro w’uru rukiko ushingiye ku kirego cyatanzwe n’Abanye-Congo 51 ndetse n’imiryango irwanya inyerezwa ry’umutungo irimo FIDH, LDH, UNIS na Transparency International, muri Gicurasi 2020.

Abatanze ikirego bavuga ko muri aya masezerano habaye uburiganya bwatumye Leta ya RDC yishyura hafi miliyoni 60 z’Amadolari atandukanye n’ibyo yari yaragenewe.

Byamemyekanye ko mu Madolari 185 Abanye-Congo bishyuraga pasiporo, havagamo Amadolari 60 akajyanwa mu kigo gifite icyicaro i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, igiteranyo kigera kuri izi miliyoni.

Fred Bauma, umwe mu bashinzwe kurwanya ruswa wagize uruhare mu gukurikirana iyi dosiye, yavuze ko urubanza ruzatuma Abanye-Congo bamenya irengero ry’amafaranga yabo.

Ati “Dufite uburenganzira bwo kumenya aho amafaranga yacu yagiye.”

Urukiko ntirwatangaje igihe urubanza ruzatangirira kuburanishwa.

Semlex ishinjwa uruhare mu kunyereza miliyoni 60 z'Amadolari z'Abanye-Congo
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza