IGIHE

Trump yateguje Iran kuyica umutwe

0 4-08-2026 - saa 08:58, IGIHE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ibiganiro bishya hagati ya Amerika na Iran ari amahirwe ya nyuma kuri Tehran yo kugera ku masezerano, mbere y’uko ihura n’icyo yise “gucibwa umutwe”.

Trump yabigarutseho ku wa Mbere ubwo yaganiraga n’abanyamakuru i Washington, aho yashimangiye ko ibiganiro na Iran bikomeje nubwo Tehran yari yabihakanye. Yavuze ko Iran ifite amahirwe ya nyuma yo gushyira umukono ku masezerano arebana n’ikibazo cy’Umuhora wa Hormuz ndetse na gahunda yayo y’itwaro kirimbuzi.

Ati “Turimo turaganira ubu. Aya ni amahirwe ya nyuma kuri bo yo gushyira umukono ku nyandiko nziza. Ndashaka kubaha amahirwe yose ashoboka mbere yo gucibwa umutwe.”

Perezida Trump yavuze ko yemeye gukomeza ibiganiro na Iran nyuma yo kubisabwa n’ibihugu birimo Arabie Saoudite, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Qatar ndetse n’ibindi bihugu byo mu karere.

Trump yavuze ko ibiganiro na Iran bigomba kwibanda ku kongera gufungura Umuhora wa Hormuz, inzira ikomeye ikoreshwa mu gutwara peteroli n’ibindi bicuruzwa ku Isi.

Trump yavuze ko bishobora gukemuka “ndetse ejo”, ariko anavuga ko ikibazo cyo gukuraho ubushobozi bwa Iran mu bijyanye na gahunda ya gukora intwaro kirimbuzi gishobora gufata igihe.

Amerika na Iran biri mu ntambara kuva ku wa 28 Gashyantare, ubwo Amerika na Israel byagabga ibitero bitunguranye kuri Iran.

Nubwo Trump avuga ibi, Iran yahakanye ko iri mu biganiro na Amerika.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmaeil Baqaei, yavuze ko igihugu cye kiri kugirana ibiganiro na Oman bigamije gushaka uburyo bwo kongera gusubukura urujya n’uruza mu Muhora wa Hormuz.

Baqaei yavuze ko impande zombi zari hafi kugera ku bwumvikane ku nzira amato azajya akoresha, ariko ashimangira ko ibyo bitasobara ko Umuhora wa Hormuz wahise ufungurwa burundu.

Trump yateguje Iran kuyica umutwe
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza