IGIHE

Trump yashimangiye isinywa ry’amasezerano yo guhagarika intambara na Iran

0 13-06-2026 - saa 20:49, IGIHE

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko amasezerano yo guhagarika intambara na Iran azasinywa ku Cyumweru kandi ko azakurikirwa no gufungura inzira ya Hormuz ku bantu bose.

Trump yabitangaje ku wa 13 Kamena 2026, mu butumwa yanyujije ku rubuga Truth Social, nyuma y’uko byari byabanje kuvugwa na Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif.

Perezida Trump yashimangiye ko gushyira umukono ku masezerano biteganyijwe ku Cyumweru.

Ati “Amasezerano biteganyijwe ko azasinywa ejo [ku Cyumweru] kandi nyuma yo kuyasinya inzira ya Hormuz izaba ifunguye kuri bose.”

Iran yahakanye aya makuru ivuga ko bitoroshye kumenya igihe amasezerano azashyirirwaho umukono.

Iyi ntambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026 yahungabanyije ubukungu bw’Isi kuko yafunze inzira ya Hormuz inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku Isi buri munsi.

Trump yatangaje ko amasezerano hagati ya Iran na Amerika azasinywa ku Cyumweru
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza