IGIHE

Iran yatangaje ko yafunze umuhora wa Hormuz, Trump ati ‘urafunguye’

0 12-07-2026 - saa 16:23, IGIHE

Iran yatangaje ko yafashe icyemezo cyo guhagarika urujya n’uruza rw’amato muri Hormuz, umwe mu mihora ikomeye ku Isi ikoreshwa mu gutwara peteroli, ariko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko uwo muhora ugikora kandi ko amato akomeje kuwunyuramo.

Itangazo rya Iran ryaje mu gihe amakimbirane hagati ya Tehran na Washington akomeje gukaza umurego. Kuri iki Cyumweru, Ameirka yarashe kuri Iran, na yo mu kwihorera irasa kuri Kuwait, Jordan, Bahrain na Qatar.

Urwego rushinzwe imiyoborere y’umuhora wo mu Kigobe cya Perse muri Iran, rwavuze ko kunyura muri Hormuz bidashoboka kugeza igihe umutekano n’ituze bizagarukira.

Iran yavuze ko iki cyemezo cyatewe n’ibyo yise ibikorwa bya gisirikare bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu karere. Yatangaje ko amato azongera kwemererwa kunyura muri uwo muhora nyuma yo gusuzuma uko umutekano wifashe no gutanga impushya zikenewe.

Kuri iki Cyumweru, Perezida Donald Trump we yavuze ko umuhora wa Hormuz ufunguye ku bucuruzi mpuzamahanga, nubwo Amerika na Iran bikomeje intambara.

Trump yabivugiye mu kiganiro yagiranye na televiziyo NBC. Yavuze ko amato y’ubucuruzi ashobora gukomeza gukoresha uwo muhora.

Igisirikare cya Amerika na cyo cyatangaje ko amato akomeje kunyura muri Hormuz, kivuga ko Iran idafite ubushobozi bwo kugenzura uwo muhora wose.

Umuhora wa Hormuz uhuza Ikigobe cya Perse n’Inyanja ya Oman, ukaba inzira ikomeye ikoreshwa mu gutwara peteroli na gaz ku isoko mpuzamahanga.

Umujyanama w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Mohsen Rezaee, yavuze ko Hormuz ifite akamaro gakomeye ku gihugu cye, avuga ko uwo muhora ari ingenzi cyane kurusha intwaro nyinshi zikomeye. Yavuze ko Iran izakomeza kuwurinda.

Uku kunyuranya imvugo kuje mu gihe Iran na Amerika bikomeje intambara. Amerika yavuze ko ingabo zayo ziteguye kurinda umutekano w’amato muri Hormuz, mu gihe Iran ikomeza kuvuga ko irengera inyungu zayo n’umutekano wayo.

Kongera gufunga Umuhora wa Hormuz kwa Iran kwatewe n’ibitero Leta Zunze Ubumwe za Amerika zayigabyeho ku wa Gatatu no ku wa Kane, ndetse byakomeje kuri iki Cyumweru.

Ni ibitero byubuye nyuma y’uko amato atwara peteroli yari yibasiwe n’ibitero muri Hormuz. Nubwo Tehran itigeze yemera ku mugaragaro uruhare muri ibyo bitero, mbere yari yaratangaje ko amato yose anyura muri uwo muhora agomba gukurikiza amabwiriza ya IRGC kandi agakoresha inzira zagenwe.

Iran yatangaje ko yafunze umuhora wa Hormuz, Trump ati ‘urafunguye’
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza