IGIHE

Ed Sheeran yavuze ko atari we wanzuye gukura Macklemore mu bitaramo bye

0 15-09-2026 - saa 18:52, IGIHE

Umuhanzi w’Umwongereza Ed Sheeran yavuze ko atari we wafashe icyemezo cyo gukura umuraperi w’Umunyamerika Macklemore mu bitaramo bye biri kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yabitangaje nyuma y’uko Macklemore akuwe ku rutonde rw’abahanzi bari gutaramira hamwe na Sheeran, nyuma y’amagambo yavuze ashyigikira Abanya-Palestine.

Macklemore amazina ye nyakuri akaba ari Benjamin Haggerty, yari yateganyijwe kuririmba mu bitaramo bibiri byabereye muri New Jersey. Ariko amagambo ye yateje impaka ndetse amashyirahamwe amwe y’Abayahudi yamunenze, bituma bamwe mu bari bashinzwe ibitaramo basaba ko akurwa muri gahunda.

Mu butumwa yashyize kuri Instagram, Ed Sheeran yavuze ko yari yaraganiriye n’ahantu ibitaramo byaberaga ndetse agerageza gushaka uburyo ikibazo cyakemuka, ariko ko icyemezo cya nyuma cyafashwe n’abategura ibitaramo, ari bo Messina Touring Group.

Yavuze ko gukura Macklemore mu bitaramo “ntabwo ari icyemezo cyanjye, ahubwo cyafashwe n’ababitegura.”

Sheeran yavuze kandi ko atifuza kwinjira cyane muri politiki mu bitaramo bye, kuko abantu baza kumureba bafite ibitekerezo bitandukanye. Yavuze ko kubaha ibitekerezo bitandukanye no gukomeza ibiganiro bishobora gufasha kurusha gutongana.

Impaka zatangiye nyuma y’uko Macklemore aririmbye indirimbo ye “Hind’s Hall” mu gitaramo cya Ed Sheeran i New Jersey, aho yavuze amagambo ashyigikira Palestine kandi anenga ibikorwa bya gisirikare bya Israel muri Gaza. Abari mu gitaramo bamwe baramushyigikiye, ariko abandi batangira kumunenga ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma yo gukurwa mu bitaramo, Macklemore yavuze ko umuntu kugira uruhande ahagararaho bishobora kugira ingaruka ku mafaranga, amasezerano n’akazi, ariko ko atemera ko umuntu yakomeza kwihagararaho hagati y’abakandamizwa n’ababakandamiza.

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza