Abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko ingabo z’iki gihugu zagabye igitero ku ntwaro za Iran zari ku kirwa cya Larak, mu bitero byabaye ku Cyumweru. Iki gitero cyabaye icya mbere kizwi ko Amerika igabye kuri Iran kuva mu ntangiriro za Nyakanga.
Abayobozi ba Amerika bavuze ko izo ntwaro ziteguraga kurasa ibisasu biremereye mu nizara ya Hormuz.
Umwe mu bayobozi yagize ati “Ndahamye ko uyu munsi ingabo za Amerika zagabye igitero ku ntwaro nini ebyiri za Iran zashaga kurasa mu nzira ya Hormuz.”
Nk’uko byatangajwe, ingabo za Iran, Iran’s Revolutionary Guards zavuze ko icyo gitero cyahitanye ndetse kigakomeretsa abasirikare n’abasivili benshi, kandi ko bazihorera “mu buryo bukomeye” ku gikorwa cya Amerika.
Igitangazamakuru cya Iran byatangaje ko Leta ya Iran yavuze ko icyo gitero cyari kigamije kwihorera, ndetse ko Amerika yarashe aho intwari za Iran zari ziri ku kirwa cya Larak.
Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko icyo gikorwa cyabaye nyuma y’uko ubwirinzi bwo mu kirere bwari mubaze gusenywa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!