Urupfu rwa Benjamin Relasss, Umunyarwanda waguye muri gereza ya Kuje muri Nigeria, rwateje impagarara ndetse Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora muri iki gihugu rwahise rutangiza iperereza.
Urupfu rwa Benjamin Relasss, bivugwa ko rwaturutse ku kuba yararangaranywe mu gihe yari arwaye.
Yapfuye mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 16 Kamena 2026, ategereje kuburana ku kirego kijyanye n’amafaranga mu Rukiko Rukuru i Abuja.
Yafunzwe by’agateganyo guhera mu 2023 nyuma yo kwangirwa kurekurwa agakurikiranwa adafunzwe, kubera ko hari impungenge ko ashobora gutoroka ubutabera cyane ko adafite ubwenegihugu bwa Nigeria.
Mu kumenya byinshi ku rupfu rwe, hatumijwe inama y’abayobozi yateguwe ikubagahu. Yibanze cyane ku rupfu rw’uwo Munyarwanda wari ufungiwe muri Gereza n’uko ubuzima bw’abandi bantu bafunzwe barwaye buhagaze.
Abatanze amakuru kandi bashinja Urwego rushinzwe Igorora, kwaka abagororwa amafaranga yo kugurira bagenzi babo barwaye impapuro z’isuku aho kubafasha kubona iby’ibanze.
Bivugwa ko imfungwa imwe isabwa gutanga ama-Naira 15.000 (11$).
Abatanze amakuru bagaragaza ko kugira ngo imfungwa yoherezwe mu bitaro byo hanze ya gereza biyisaba gutanga ikiguzi, ari na byo bivugwa ko byabaye intandaro y’urupfu rw’uyu Munyarwanda.
Ntacyo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora muri Nigeria, NCS, ruratangaza kuri iyo nkuru kuko n’Umuvugizi warwo CSC, Jane Osuji atigeze avugana n’abanyamakuru ba Sahara TV dukesha iyi nkuru.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!