Ambasade y’u Rwanda muri Mozambique yizihije ku nshuro ya 32 umunsi wo kwibohora, inzego z’umutekano z’u Rwanda zishimirwa kugarura amahoro n’umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado yamaze imyaka myinshi yugarijwe n’ibikorwa by’iterabwoba.
Ibi birori byabereye muri hoteli AFECC Gloria tariki ya 9 Nyakanga 2026, byahuje abantu 400 barimo abayobozi bakuru muri Leta ya Mozambique, abadipolomate, abahagarariye imiryango mpuzamahanga, Abanyarwanda baba muri iki gihugu n’inshuti z’u Rwanda.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Col (Rtd) Donat Ndamage, yashimiye ingabo za RPA zari ziyobowe na Perezida Paul Kagame, zabohoye iki gihugu, zigasubiza Abanyarwanda icyubahiro n’uburenganzira bungana.
Yashimiye ishyaka FRELIMO riyoboye Mozambique ku nkunga ryahaye Abanyarwanda mu gihe cyo kwibohora na nyuma yaho, avuga ko ari ho umubano mwiza w’ibi bihugu ushingiye.
Ambasaderi Ndamage yashimye ubufatanye buri hagati y’ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique mu kugarura no kubungabunga amahoro n’umutekano muri Cabo Delgado kuva muri Nyakanga 2021.
Minisitiri w’Uburezi wa Mozambique, Samaria dos Anjos Filemon Tovela, yashimiye u Rwanda intambwe rwateye mu bumwe, ubwiyunge, iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza.
Yashimye uruhare rukomeye ingabo z’u Rwanda zigira mu kubungabunga amahoro n’umutekano muri Cabo Delgado, zifatanyije n’iza Mozambique.
Minisitiri Tovela yagize ati “Mozambique yiyemeje gushimangira ubufatanye n’u Rwanda mu by’umutekano, ubucuruzi, ishoramari, umuco n’izindi nzego ku bw’inyungu rusange.”
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!