Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko yahannye ibigo 71 kubera kutubahiriza amategeko agenga umurimo mu Rwanda.
MIFOTRA yatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2026 (Mutarama–Kamena) ari bwo yakoze ubugenzuzi mu bigo 2.290 hirya no hino mu gihugu hagamijwe kureba niba byubahiriza amategeko agenga umurimo.
Muri icyo gihe, 86,4% by’ibigo byagenzuwe byagaragaye ko byubahiriza amategeko y’umurimo.
MIFOTRA kandi yatangaje ko yakemuye amakimbirane 814 ajyanye n’umurimo binyuze mu bwumvikane n’ubundi buryo bwo kuyakemura hatisunzwe inkiko.
Icyakora, ibigo 71 byafatiwe ibihano birimo gucibwa amande nyuma yo gusanga bitubahiriza ibisabwa n’amategeko agenga umurimo.
MIFOTRA yavuze ko kubahiriza amategeko y’umurimo ari ingenzi mu kubaka ahakorerwa harangwa n’ubutabera, umutekano n’umusaruro.
Yashimangiye ko izakomeza gushyira imbaraga mu gukora ubugenzuzi mu rwego rwo kurengera uburenganzira bw’abakozi no guteza imbere umurimo unoze ku Banyarwanda bose.
U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kunoza imicungire y’umurimo no guteza imbere imibereho myiza n’imikorere y’abakozi.
Amafoto: AI
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!