IGIHE

Ishyaka PL ryihanganishije umuryango wa Mukabalisa Donatille

0 30-07-2026 - saa 21:22, Ntabareshya Jean de Dieu

Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu, PL ryafashe mu mugongo umuryango wa Senateri Mukabalisa Donatille wariyoboraga witabye Imana.

Urupfu rwe rwamenyekanye mu gitondo cyo kuwa 30 Nyakanga 2026, aho yaguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal yari arwariyemo.

Mukabalisa wabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ishyaka PL.

Mu butumwa iryo shyaka ryatanze, ryihanganishije umuryango w’uyu mubyeyi n’abanyamuryango baryo muri rusange.

Bwakomeje buti “Ubuyobozi bw’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu, PL, bubabajwe no kumenyesha abayoboke baryo n’Abanyarwanda muri rusange ko Perezida waryo Mukabalisa Donatille yitabye Imana kuri uyu kane tariki ya 30 Nyakanga 2026 azize uburwayi. Ishyaka PL ryihanganishije Umuryango we, abayoboke b’ishyaka PL, Umuryango w’Inteko Ishinga Amategeko, abo bakoranye, Abanyarwanda n’abamumenye.”

Mu rugendo rwe rwa politiki, Mukabalisa yatorewe kuba Umudepite mu Ukwakira 2003, akomeza uwo mwanya kugeza mu 2008. Nyuma yaho, kuva mu 2011 kugeza mu 2013 yabaye umusenateri.

Mu 2013 yasubiye mu Mutwe w’Abadepite, aranawuyobora, kugeza mu 2024 ubwo habaga amatora mashya y’abagize Inteko Ishinga Amategeko. Ntabwo yongeye kwiyamamaza nyuma yo kurangiza manda ebyiri yari amaze muri uyu mutwe w’Inteko.

Mukabalisa kandi yari Perezida wa PL (Parti Libéral), yashinzwe ku wa 14 Nyakanga 1991, umwanya yatorewe mu 2016.

Ishyaka PL ryihanganije umuryango wa Mukabalisa Donatille
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza