Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) cyatangaje ko cyahagaritse inzoga zitumizwa mu mahanga zirimo Bond 7, Kiwingu, Konyagi, Gilbey’s n’izindi zigera kuri 52, mu rwego rwo gukomeza kurengera ubuzima n’umutekano by’Abanyarwanda.
Biri mu itangazo Rwanda FDA yashyize hanze ku wa 5 Kanama 2026 itegeka ko itumizwa mu mahanga ry’ibibi binyobwa bisembuye rikwiriye guhagarara byihuse.
Mu itangazo yakomeje iti “Rwanda FDA itegetse abatumiza ibi binyobwa mu mahanga guhita batangiza igikorwa cyo kubikusanya byose no kubikura ku isoko.”
Rwanda FDA yategetse ko abatumiza ibi binyobwa mu mahanga gusaba ababikwirakwiza ku isoko ry’u Rwanda kubikusanya no kubisubiza mu bubiko bw’ababitumiza hanze.
Abatumiza ibi binyobwa bategetswe kugeza kuri Rwanda FDA raporo y’igikorwa cyo kubikusanya mu gihe kitarenze iminsi itatu y’akazi uhererye ku wa 5 Kanama 2026.
U Rwanda rukomeje guhashya ibinyobwa bitemewe mu Rwanda. Rumaze gufunga inganda 136 zibikorera mu Rwanda. Rwatangiye kandi kumena ethanol yifashishwaga mu kubikora aho nka litiro ibihumbi 470 zayo zimaze gukusanywa mu Mujyi wa Kigali ndetse zigomba kumenwa.
Impamvu ni uko izi nzoga zikomeje kuzahaza ubuzima bw’Abanyarwanda aho mu mezi arindwi ashize zishe abantu 50 abandi 100 barahuma.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!