IGIHE

Dosiye iregwamo nyiri ‘Ingufu Gin’ yagejejwe mu Bushinjacyaha

0 12-08-2026 - saa 11:12, Nsengiyumva Emmy

Dosiye iregwamo abantu 80, barimo umuyobozi akaba na nyiri Uruganda rwa Ingufu Gin, Ntihanabayo Samuel, baherutse gutabwa muri yombi bakekwaho gukora inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi nk’ibyuma, yashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Ni amakuru IGIHE yahamirijwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, wemeje ko dosiye z’aba bantu 80 zamaze koherezwa mu Bushinjacyaha ku wa 10 Kanama 2026.

Ntihanabayo uzwi nka Kazungu n’abandi 15 bafatiwe mu Mujyi wa Kigali, berekanwe na RIB ku wa 8 Kanama 2026.

Uyu mugabo yafatiwe hamwe n’abandi babiri bakoraga muri Ingufu Gin, barimo umugenzuzi w’ubuziranenge n’ushinzwe umusaruro.

Oluwatosin Ayayi, ushinzwe ibikorwa by’uruganda rwa Kerry Taste and Nutrition Rwanda, na we yerekanywe mu bafatiwe mu Mujyi wa Kigali.

Abandi berekanywe barimo abakozi bo mu nganda n’ibigo bitandukanye birimo Ebeneza Hub, Sakaza Fruit, Entreprise Urwibutso, African Buffalo, Piphany Company na Lotas Medical Group.

Kuva ku wa 2 Kanama 2026, Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa, Rwanda FDA, cyafunze inganda 148 zikora inzoga zitujuje ubuziranenge, kinahagarika umusaruro w’ibinyobwa byazo.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko isuzuma rigaragaje ko izi nganda zashyiraga mu binyobwa byazo ethanol idatunganyijwe neza, ishobora kwangiza ubuzima bw’ababinywa.

Bose uko ari 80 bakekwaho ibyaha birimo guha umuntu ikintu gishobora kumwica cyangwa kumushegesha ubuzima, icyaha giteganywa n’Ingingo ya 115 y’Itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 ryerekeye ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iri tegeko rivuga ko umuntu wese utera undi indwara cyangwa kumutera kutabasha gukora umurimo, amuhaye mu buryo ubwo ari bwo bwose, abishaka ariko atagamije kumwica, ikintu gishobora kumwica cyangwa ikintu, nubwo kidashobora kwica, gifite ubushobozi bwo gushegesha ubuzima, aba akoze icyaha.

Uhamijwe n’Urukiko iki cyaha, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu, n’ihazabu itari munsi y’ibihumbi 300Frw ariko atarenze ibihumbi 500Frw.

Ku rundi ruhande, iri tegeko ryongeraho ko iyo ikintu cyatanzwe gitera indwara idakira, kudashobora gukora burundu cyangwa kudashobora gukoresha na busa urugingo rw’umubiri, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze 25, n’ihazabu itari munsi y’ibihumbi 500Frw ariko atarenze miliyoni 1Frw.

Ikindi cyaha bakurikiranyweho ni icyo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, giteganywa n’Ingingo ya 276 y’Itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 ryerekeye ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uhamijwe n’Urukiko iki cyaha, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi, n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 3Frw ariko itarenze miliyoni 5Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Banakurikiranyweho icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi, giteganywa n’Ingingo ya 230 y’Itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 ryerekeye ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uhamijwe n’Urukiko iki cyaha, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze umwaka umwe.

Dosiye iregwamo 80 barimo umuyobozi wa Ingufu Gin yagejejwe mu Bushinjacyaha
Ntihanabayo Samuel washinze uruganda 'Ingufu Gin' yatawe muri yombi
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza