Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutabazi bw’Ibanze mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr. Sindikubwabo Jean Nepomuscene, yagaragaje ko mu bantu 50 bahabwa ubutabazi bw’ibanze buri munsi hifashishijwe imbangukiragutabara, abagera kuri 40 baba bakoze impanuka zo mu mahanda bingana na 80%.
Yabigarutseho ubwo yaganiraga na Televiziyo Rwanda, aho yagaragaje ko batanga ubutabazi bw’ibanze buri munsi ku bantu 50. Yagaragagaje ko muri izo mpanuka nibura izisaga 98% ziba zatewe na moto.
Yakomeje ati “Usanga rero muri izo mpanuka zo mu muhanda ziba, moto iza ari iya mbere mu guteza imbanuka. Muri za mpanuka rero abantu 50 dutwara ku munsi 40 baba bazize impanuka zo mu muhanda.”
Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu muhanda, SSP Emmanuel Kayigi, yasobanuye ko impanuka zo mu muhanda ahanini ziterwa no kutubahiriza amategeko yawo.
Ati “Hari imodoka zifite utugabanyamuvuduko, ugasanga baducomoye, bafite ukuntu babyangiza. Ari utwaye moto ugasanga ari ku muvuduko ukabije. Umuvuduko ni kimwe mu bintu biza ku isonga mu guteza impanuka. Abashoferi, iyo ujya gukora ikosa, jya ubanza utekereze wibuke ko ugiye gukora ikosa kandi rishobora kugira ingaruka.”
Impanuka zo mu muhanda zikomeje guhitana abantu, abandi bagakomereka, nko ku wa 19 Nyakanga 2026, abantu icyenda bapfiriye mu mpanuka yaturutse ku kugongana kw’imodoka ya Toyota Hiace itwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ndetse n’ikamyo yari itwaye abantu babiri.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!