IGIHE

Ibifaru, indege, drones, Sophia n’ibindi: Ibikoresho Polisi y’u Rwanda yifashisha mu kazi (Amafoto na Video)

0 28-05-2026 - saa 08:34, Philbert Girinema

Polisi y’u Rwanda iri kwizihiza imyaka 25 ibayeho. Muri Kamena 2000 nibwo yavutse nyuma yo guhuza inzego eshatu zarimo Gendarmerie Nationale yakoreraga muri Minisiteri y’Ingabo, Polisi ya Komini yakoreraga muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Abagenzacyaha (Judicial Police Inspectors) bakoreraga muri Minisiteri y’Ubutabera.

Muri iyo myaka, Polisi y’u Rwanda yubatse ubushobozi bukomeye guhera mu bakozi, ni ukuvuga Abapolisi bagira uruhare mu gucunga umutekano mu Rwanda bakanarenzaho bakajya gutanga umusanzu hanze yarwo.

Abo bapolisi bafite ibikoresho bigezweho bifashisha mu kazi kabo ka buri munsi. Ibyo byose ni ibifasha amashami ya Polisi yose, buri imwe mu rwego rwayo. Ibi bikoresho, muri iki gihe byifashisha ikoranabuhanga rigezweho kandi byose bijyanye n’igihe.

Nk’ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, rifite ubwato bugezweho bukoranye ikoranabuhanga rihambaye bushobora gutwara abantu cyangwa se kujya gutanga ubutabazi mu mazi magari.

Ubwo bwato bukoranye za camera ziba zishobora gufata amafoto, bufite amatara aba amurika ahantu hose ku buryo niba hari ubutabazi bugiye gutangwa, butangwa neza nta nkomyi.

Abapolisi bacunga umutekano wo mu mazi, bafite kandi ibikoresho byihariye bibafasha nko kwibira hasi mu mazi bakajya gushaka ikintu runaka cyangwa se bakajya gutabara nko mu gihe umuntu yaba yarohamye.

Usibye ibyo, Polisi icunga n’umutekano mu kirere yifashishije indege za kajugujugu ziba zishobora kugenda zigenzura ahantu hatandukanye, zigafata amafoto, ku buryo zahita ziyohereza ku bandi bakamenya ikibazo cyangwa se ikintu runaka kiri hasi.

Tukivuga ku ndege, reka tugaruke kuri drones, indege nto zitagira abapilote. Ziri mu zifashishwa cyane magingo aya na Polisi y’u Rwanda mu gihe iri gucunga umutekano no kubungabunga ituze ry’abaturarwanda.

Ukuriye ishami rikoresha drones muri RNP, CIP Félicien Kanamugire, yabwiye IGIHE ko drones Polisi ikoresha, zikora imirimo inyuranye ariko zose zihuriye cyane cyane ku gucunga umutekano.

Ati “Hari izifite umuvuduko mwinshi, zigenda ibilometero bigera ku 100 ku isaha, zifite ubushobozi bwo kumara mu kirere amasaha ane zitaragaruka kongerwaho umuriro. Zifite camera zitanga amashusho yereka umuntu uri kuzikoresha uko byifashe ako kanya.”

Hari ubundi bwoko bumara mu kirere igihe gito, bufite camera zishobora kureba nijoro, zishobora gucana amatara maremare ikintu cyose kikaboneka.

Ati “Ifite ubushobozi bwo kuba yareba n’umuntu wihishe munsi y’ibiti. Urabona nko mu ishyamba rya Nyungwe, ifite ubushobozi bwo kureba uwo muntu ndetse ikaba yaguha n’umubare…Ifite n’ubushobozi bwo kureba ikinyabiziga, ku buryo igikurikira kugeza aho umuntu ashaka.”

Izo drones zirimo izishobora kwifashisha mu bukangurambaga, kuko zifite indangururamajwi zishobora gushyirwamo ubutumwa runaka, zikagenda zivuga.

Polisi irateganya kongera izindi drones mu zo ifite zirimo izishobora kuzimya inkongi y’umuriro ku buryo zizajya zifasha imodoka zizimya umuriro mu gihe inyubako iri ahantu hejuru cyane hatagerwa n’imodoka.

Ati “Hari igihe hazazamuka inzu ndende ku buryo imodoka dufite uyu munsi zitazabasha kuhagera. Izo drones zizajya zihagera.”

Hari n’izindi drones Polisi iteganya kwakira mu mezi abiri ari imbere, zishobora kwifashishwa mu guhosha imyigaragambyo, ku buryo zazajya zibasha kumisha amazi cyangwa se irangi ndetse no gufata amafoto mu gihe hari abantu bateraniye ahantu mu buryo butemewe.

Polisi ifite kandi ibindi bikoresho byifashishwa nko mu gutegura ibisasu. Ibyo birimo ahanini za robots zigezweho ziba zishobora gutahura ibisasu, zikabitegura umupolisi atahakandagiye.

Gusa mu gihe bibaye ngombwa, ifite n’ibikoresho bishobora kuba byakwifashishwa n’umupolisi ubwe, akajya gutegura ibisasu ahantu runana.

Ukuriye umutwe ushinzwe gutegura ibisasu muri Polisi y’u Rwanda, CIP Joseph Biziyaremuye, yavuze ko izo robots zirimo izitwa “Robotics Security dogs” zishobora gutahura ibisasu n’imiti ihumanya, zigatanga amakuru ku muntu uyikoresha uba uri mu modoka yabugenwe.

Ati “Hari indi robots ikoreshwa mu gutegura ibisasu, ishobora kwinjira ahantu hose, ikinjira mu nzu, igasaka. Ifite ubushobozi bwo gutegura ibisasu cyangwa se ikintu cyaketsweho guteza abaturage akaga… ifiteho n’imbunda ku buryo ishobora kurasa icyihebe mu gihe ikibonye.”

Polisi y’u Rwanda kandi ifite ishami rikoresha imbwa mu gucunga umutekano. Ni imbwa zitanga umusanzu mu gusaka, mu gutahura ibiyobyabwenge, ibisasu n’ibindi yatojwe.

Magingo aya, Polisi ifite umushinga wo gutangira kubwaguza imbwa, ikazitoreza bitabaye ngombwa ko yongera kujya gucirira imbwa hanze nk’uko bigenda.

Iyo ugeze ku bikoresho byifashishwa n’abapolisi batoza izo mbwa, uhabona ibikoresho byose byo kwa muganga kuva ku bifata amaraso bikayapima n’ibindi.

Ubu ubushakashatsi bwakozwe, bugena ko imbwa ikurikiranwa, kuva ibwegetse, kugera igihe ibwaguye. Iyo ibwaguye ikibwana kidashyitse, hari ibikoresho gishobora gushyirwamo kugeza igihe cyagenwe, wagereranya na couveuse ku ikoreshwa ku bantu.

Iyo ikibwana gikuze, gitangira gutozwa, kikitabwaho kugeza no ku myitozo ngororamubiri kiba kigomba gukora umunsi ku wundi.

Mu bindi bikoresho Polisi y’u Rwanda ifite harimo ibyifashishwa mu gutatanya abantu mu gihe cy’imyigaragambyo, birimo ibifaru bishobora gutwara Abapolisi, imodoka zishobora gutandukanya abigaragambya zikanamisha imyuka iryana mu maso cyangwa amazi aho bari.

Hari ibindi bikoresho byifashishwa mu gucunga umutekano wo mu muhanda bihera kuri moto, imodoka, za camera z’ubwoko bwose n’ibindi.

Hari kandi ibikoresho byabugenewe kandi bikoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gusaka, ku buryo umubare munini w’abantu ushobora gusakwa bitagombeye ko umupolisi agenda abakoraho.

Hagati aho kandi mu 2002, ubwo Ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryari rigitangira, ryari rifite imodoka imwe gusa mu gihugu hose, cyane ko ryavutse mu bihe bigoye igihugu kikirwana no kwigobotora ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze imyaka umunani ibaye.

Ubu rifite amakamyo menshi aba aparitse mu bice bitandukanye by’igihugu harimo n’afite ubushobozi bwo kuzimya inkongi mu magorofa maremare kuko ashobora no kuzimya inzu ifite metero zirenga 50 z’uburebure ndetse ashobora no gutabara abantu baheze mu nyubako ndende.

Nko mu Mujyi wa Kigali, hari hari ikamyo ihari iba iri kuri UTC, i Remera naho hari ihaba, mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro naho hari amakamyo ashobora gutanga umusanzu. Kacyiru ku cyicaro cya polisi naho hari amakamyo agomba kunganira andi hirya no hino mu gihe havutse inkongi ikabije.

Ubu bwato bushobora kwiruka ku muvuduko wo hejuru kandi bugafata amashusho mu mazi bitewe na camera bukoranywe
Ubwato bukoreshwa na polisi, bufite imbunda zishobora kwifashishwa n'Abapolisi mu gihe bibaye ngombwa
Polisi ifite imodoka nyinshi za Volkswagen zikoreshwa mu gucunga umutekano wo mu muhanda
Iyi myambaro yambarwa n'Abapolisi bashobora kwibira hasi mu mazi bakajya gutabara umuntu cyangwa gushaka ikintu runaka
Ni umwambaro ukoranywe ikoranabuhanga rifasha uwambaye guhumeka neza
Izi kajugujugu zikoreshwa mu bikorwa byo gusigasira ituze ry'abaturage hirya no hino. Rifite camera n'amatara amurika cyane mu ijoro
Aya matara atuma abari mu kirere babona ibintu byose biri hasi
Zifite camera zigenda zifata amashusho zikayoherereza abari hasi ku butaka, bagasesengura ibyo abari mu kirere babonye
Polisi y'u Rwanda yifashisha drones ziri mu byiciro bitandukanye
Izi drones zishobora kujya mu kirere zikamara amasaha ane zitarashiramo umuriro kandi zigenda ku muvuduko wa kilometero 100 ku isaha
Izi drones zifite ubushobozi bwo gutahura n'umuntu wihishe mu giti nubwo yaba ari mu masaha y'ijoro
Izi ni zimwe muri robots zifashishwa na Polisi y'u Rwanda mu gutahura ibisasu
Polisi y'u Rwanda irateganya kongera izindi drones mu zo ifite ku buryo yagira n'izishobora kuzimya inkongi y'umuriro
Ibi bikoresho byose byifashishwa n'Abapolisi mu gutahura ahari ibisasu
Sopfia zifashishwa na Polisi y'u Rwanda ziri mu byiciro bitatu. Hari izishobora gufotora uruhande rumwe, izifotora impande zombi, n'izishobora gufotora n'umuntu uzegereye. Izi zose zishyirwa mu muhanda bitewe n'aho zikenewe
Iyi ni imwe muri Camera yifashishwa mu muhanda, ishobora gushyirwa ahantu runaka ariko ikaba yakwimurwa
Izi na zo ni ubwoko bwa Camera zishobora kwimurwa zigashyirwa ahantu runaka
Polisi y'u Rwanda yishimira ko mu myaka 25 ishize, isigaye ikoresha ikoranabuhanga mu bizamini byo gutwara ibinyabiziga
Iyi robot ishobora kwinjira mu nzu irimo igisasu, ikagiterura cyangwa ikarasa icyihebe kuko ifite imbunda
Uyu ni umwambaro wambarwa n'abantu bagiye gutegura ibisasu ahantu runaka
Iyi modoka ni yo ikoreshwa n'abantu bagiye gutegura ibisasu, aho baba bagenzura ibintu byose bayicayemo
Iyi ngunguru ni yo ishyirwamo ibisasu iyo bimaze gutegurwa
Iyi robot ishobora kwinjira mu nzu, igafungura, igaterura igisasu cyangwa se ikarasa icyihebe
Usibye imodoka zikoreshwa n'Abapolisi mu muhanda, hari n'izindi ndende zishobora gukoreshwa mu kuzimya inkongi ku magorofa maremare
Izi modoka zisigaye zifashishwa n'abakorera impushya zo gutwara ibinyabiziga. Ziba zifitemo ikoranabuhanga ku buryo zidakeneye ko umunyeshuri aba yicaranye n'umupolisi
Kuva ku bashaka gutwara imodoka nto kugeza ku bashaka gutwara imodoka nini, bose bashobora kubona imodoka bakoresha za Polisi y'u Rwanda
Buri modoka iba irimo ikoranabuhanga bituma umunyeshuri adataka ko yibwe n'Umupolisi ahubwo aho yatsindiwe akaba ahabona
Polisi y'u Rwanda yubatse ubushobozi mu gusuzuma ibinyabiziga kuko ubu hasigaye hari na contrôle technique zimukanwa
Ibi bikoresho byifashisha ikoranabuhanga rya X-Ray mu gusaka abantu mu buryo bwihuse
Moto n'imodoka za Polisi ishinzwe kugenzura umutekano wo mu muhanda ni bimwe mu bikoresho byaguzwe muri iyi myaka ishize
Ntibikiri ngombwa ko Umupolisi asaka umuntu mu buryo bwa gakondo ahubwo hasigaye hifashishwa ibyuma bikoresha ikoranabuhanga
Izi mashini zishobora gukoreshwa mu gihe habaye nk'impanuka mu gutabara ubuzima bw'abantu
Polisi ifite umushinga wo kubwaguza imbwa aho kugira ngo ikomeze kuzicirira hanze
Polisi y'u Rwanda ifite couveuse zishobora gushyiramo ikibwana cy'imbwa cyavutse kidashyitse
Iyo imbwa imaze kuvuka, ikarerwa igakura, itangira gutozwa akazi runaka
Ibi bifaru byifashishwa na Polisi mu gihe igiye mu bikorwa byo guhosha imyigaragambyo n'imvururu
Ibi bifaru byifashishwa n'Abapolisi mu gihe bagiye mu bikorwa byo guhosha imyigaragambyo n'imvururu
Izi modoka zishobora kumisha amazi cyangwa se imyuka iryana mu maso mu bantu bigaragambya
Ni imodoka zifite na camera zishobora gufata amashusho ku buryo Polisi imenya buri muntu wese wari mu myigaragambyo
Izi modoka zikoreshwa mu gihe cyo kuzimya inkongi, aho zifite urwego rushobora kuzamuka hejuru ku igorofa rinini
Zimwe muri izi modoka zishobora gutwara amazi arenga litiro 2000 yo kuzimya inkongi
Izi modoka zitanga umusanzu ahantu bibaye ngombwa ko Polisi ijya kuzimya inkongi
Izi moto zifashishwa mu bikorwa byo gucunga umutekano wo mu muhanga
Polisi y'u Rwanda yishimira ko mu myaka 25 imaze, imaze kubaka ubushobozi bw'abakozi bayo n'ubw'ibikoresho bigezweho

Amafoto: Kwizera Herve

Video: Sage Igena

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza