IGIHE

Wari uzi ko umuntu ukunda agutera ibitotsi?

0 4-05-2026 - saa 11:23, Migabo Panthera

Uko urushaho gukunda umuntu ni ko wumva ufite ibitotsi iyo muri kumwe, ariko abantu benshi ntibasobanukiwe ko kugira ibitotsi iyo uri kumwe n’umuntu ari kimwe mu byerekana ko umwiyumvamo cyane.

Iyo uri kumwe n’umuntu ukunda, ibitekerezo byawe biratuza kandi umubiri wawe ugakuraho ubwirinzi butuma uhora witeguye guhangana n’ibiteje akaga. Ni yo mpamvu uzabona uri kumwe n’umukunzi wawe agahita akuryama mu gituza cyangwa ku bibero agasinzira n’ubwo yaba atari ananiwe.

Ntabwo biterwa n’uko yakurambiwe cyangwa adashaka kuganira nawe. Muri iki gihe ubwo abantu bahora bahangayitse kandi bahuze, bituma umubiri wabo uguma mu mimerere ya ‘fight-or-flight response’ aho umubiri uba udatuje kandi bikongera umusemburo wa cortisol utera imihangayiko.

Iyo uri kumwe n’umukunzi wawe umubiri wawe ukora umusemburo wa oxytocin utuma ugira ibyishimo kandi ukumva utuje, maze ukumva ushaka gusinzira. Na Samusoni wo muri Bibiliya niko byamugendekeye.

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza