IGIHE

Ada, izina ry’umukobwa ukunda amahoro

0 25-08-2021 - saa 07:32, Mukahirwa Diane

Ada ni izina rihabwa umwana w’umukobwa, rikaba rikomoka mu Kidage, aho risobanura ikintu cyiza cyane. Iri zina ryatangiye kitwa mu 1800 rikaba ryaramamaye cyane muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Abantu bitwa ba Ada baba ari abantu bakunda amahoro no kugira neza kurenza ibindi bintu byose, ni wa muntu udashobora gucika intege ku bantu be kuko aruhuka ari uko ibyo ashaka abibonye.

Ni abantu bakunda gufata inshingano cyane kuko usanga bajya gukora ubukorerabushake mu mishinga itandukanye kugira ngo bagire uruhare mu byemezo bitandukanye.

Ada arangwa no gukunda inshuti ze ndetse n’abandi bantu bose bamuri iruhande, iyo hari ibitagenda neza ahora ahangayitse ashakisha uburyo byagenda neza kandi mu mahoro. Kubera gukunda amahoro ahora yirinda icya mushyira mu makimbirane n’inzangano.

Hari abantu bamamaye bagiye bahabwa iri zina harimo Ada Loverace umwe bahanga bakomeye mu mibare Isi yagize. Undi wahawe iri zina wamamaye ni umukinnyi wa filimi Ada Nicodemou uzwi muri Heartbreak High.

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza