IGIHE

Ni umwana bareranywe! Ndanda yambitse impeta umukobwa bagiye kurushinga

0 5-07-2021 - saa 16:02, Nsengiyumva Emmy

Nyuma y’igihe gito ahagaritse ibyo gukina umupira, kuri iki Cyumweru tariki 4 Nyakanga 2021, Nizeyimana Alphonse benshi bazi nka Ndanda yambitse impeta umukobwa bitegura kurushinga nyuma y’igihe inkuru z’urukundo rwe yarazigize ibanga rikomeye.

Nizeyimana wirinze gutangaza amazina y’umukobwa bitegura kurushinga, aganira na IGIHE yahamije ko ari umwe mu bo babyirukanye.

Ati “Ni umwe mu rungano twabyirukanye ku Gisozi aho nakuriye, twakundanye kuva cyera ahubwo ni kumwe igihe kiba kitaragera ngo usobanukirwe uwawe.”

Bitewe n’ingamba zikomeye zo kwirinda Covid-19 u Rwanda rurimo, Nizeyimana yavuze ko atahita avuga gahunda ihamye y’ubukwe bwe.

Nizeyimana Alphonse Ndanda uherutse gusezera umupira yabaye umunyezamu wakinnye mu makipe akomeye nka Rayon Sports, Mukura VS, AS Kigali n’izindi.

Mu minsi ishize nibwo hatangiye kwamamazwa film ‘Intandaro y’Ikibi’ yakinnyemo, icyakora avuga ko atari ibintu agiye kugira umwuga ahubwo yayikinnyemo ashyigikira inshuti ye.

Nizeyimana Alphonse Ndanda w'imyaka 32 agiye gukora ubukwe
Yamaze kwambika umukunzi we impeta
Umukobwa ugiye kurushinga na Ndanda
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza