Miss Nishimwe Naomie yahishuye ko yitegura kwibaruka imfura ashimira Imana yamubaye hafi anayishimira ko yasohoje isezerano ryayo ikamuha imfura ateganya kwibaruka mu minsi iri imbere.
Ibi Nishimwe Naomie yabigarutseho mu butumwa yatambukije ku mbuga nkoranyambaga ubwo yahishuraga ko yitegura kwibaruka imfura.
Mu butumwa bwe, Nishimwe Naomie yagize ati “Yesu urakoze kutugira ababyeyi, warakoze gusohoza isezerano no kuduhana umugisha n’umwana wacu.”
Ku rundi ruhande ni amagambo yatumye bamwe batekereza ko uyu mugore yaba yabyaye ariko mu kiganiro yagiranye na IGIHE yahamije ko ari ishimwe rye ku Mana yabahaye umwana bitegura kwibaruka.
Miss Nishimwe yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Michael Tesfay, ku wa 27 Ukuboza 2024, indi mihango y’ubukwe bwabo iba ku wa 29 Ukuboza 2024.
Uyu mugore ariko kandi ni umwe mu bakobwa begukanye ikamba rya Miss Rwanda cyane ko irye yaryegukanye mu 2020.
Mu minsi ishize yashyize ku isoko igitabo cye yise ‘More Than a crown’ kigaruka ku buzima bwe bwo mu bwana ubwo muri Miss Rwanda ndetse n’ubwa nyuma yo gushaka.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!