Umukino w’Iteramakofe wagombaga guhuza Oleksandr Usyk na Tyson Fury wagize igisebe ku jisho muri uku kwezi kwa Gashyantare washyizwe tariki ya 18 Gicurasi 2024.
Ku wa Gatanu, tariki ya 2 Gashyantare 2024, ni bwo Tyson Fury yari mu myitozo nk’ibisanzwe aho ayikorera i Riyadh muri Arabie Saoudite ariko agira ikibazo akomereka hafi y’ijisho.
Nyuma yo gusanga igisebe yagize bigaragara ko giteye ikibazo yasohoye itangazo ryerekana ko ari ibyo kwitondera.
Umurwano wa Tyson Fury w’imyaka 35 na Oleksandr Usyk ufite 37, wari uteganyijwe kuba tariki ya 17 Gashyantare 2024 i Riyadh ariko wigijwe inyuma ushyirwa kuri 18 Gicurasi, aho uzabera ntihahinduka.
Umuyobozi ushinzwe gutegura uyu mukino, Turki Alalashikh yavuze ko “yaba Usyk cyangwa Fury uzongera kwikura mu mukino cyangwa akagira indi mpamvu ituma adakina azaterwa mpaga kandi akishyura miliyoni 9.3£ kuri mugenzi we.”
Aba bombi baramutse bahuye, uwatsinda hagati yabo yahita aba indwanyi idatsindwa ‘undisputed heavyweight’ kuko yaba afite imikandara ine (WBC, WBA, WBO na IBF).
Kuva mu 1999 Lennox Lewis yaba indwanyi idatsindwa ni bwo hagiye kubaho indi izamenyekana kuri uyu murwano umaze gusubikwa inshuro eshatu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!