Ikipe ya United Generation Basketball (UGB) yongereye amasezerano y’imyaka ibiri n’uruganda rwa Azam, afite agaciro ka miliyoni 40 Frw.
Aya masezerano yongerewe ku wa Gatandatu, tariki 2 Werurwe 2024 mu muhango wabereye ku cyicaro cy’uruganda rwa Azam i Masoro.
Perezida wa UGB BBC, Cyusa Jean Luc, yavuze ko aya masezerano yongerewe akubwe inshuro ebyiri kubera urwego iyi kipe imaze kugeraho.
Ati “Amasezerano yongerewe ndetse n’uubushobozi baduhaga mu myaka ibiri ishize bwakubwe kabiri. Ni abafatanyabikorwa beza numva tuzanarenza iyi myaka ikaba nka 15 cyangwa 20.”
Ndagano Faradjallah uhagarariye Uruganda rwa Bakhressa Grain Milling Rwanda ruzwi nka Azam, yavuze ko bahisemo kongera amasezerano kuko iyi kipe ikomeje kwaguka.
Ati “UGB iratwumva kuko duhuje intumbero. Duharanira ko ikipe yagira aho iva ikagera ku rundi rwego. Barakuze bityo natwe twifuza gukomeza gukurana nayo.”
Coach Gaël uherutse gushora imari muri UGB yatangaje ko iyi kipe ikomeje kwaguka ari nayo mpamvu Azam yahisemo kongera amasezerano.
Ati “UGB yarakuze unabibonera mu bakunzi isigaye ifite, ibi rero binagaragaza ko Azam nayo igiye kongera kubona umubare munini w’abantu bayigana.”
UGB ni ikipe y’ubukombe muri Basketball y’u Rwanda,88 aho yashinzwe mu 19988. Muri uyu mwaka iri kugaragaza imbaraga zikomeye nyuma yo gushorwamo imari na Bruce Melodie afatanyije na Coach Gaël.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, iyi kipe yatsinze Inspired Generation amanota 85-76 mu mukino wa shampiyona.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!