Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, yateguye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 28, Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994, witabiriwe n’abasaga 150 ku wa kane, tariki ya 7 Mata 2022.
Uyu muhango witabiriwe n’abarimo ba Ministiri n’abandi bayobozi mu nzego za Leta, Umuyobozi w’Umujyi wa Brazzaville, abahagarariye ibihugu byabo ndetse n’imiryango mpuzamahanga muri Repubulika ya Congo, inshuti z’u Rwanda ndetse na diaspora nyarwanda.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, Théoneste Mutsindashyaka, yabibukije ko bafite inshingano zo gukomeza kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse no gukurikirana abateguye bakanashyira mu bikorwa jenoside yakorewe abatutsi bacyidegembya hirya no hino mu mu mahanga, bagahanwa.
Yanavuze kandi ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Repubulika ya Congo kugira ngo abakoze jenoside bari muri iki gihugu bagezwe imbere y’ubutabera.
Ambasaderi Mutsindashyaka yabwiye abari bitabiriye uyu muhango ko ibyabaye mu Rwanda byakagombye kubera isomo amahanga, bityo ko yakagombye gutangirira mu mashuri mato, bigisha amateka nyakuri ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yanaboneyeho gusaba ibihugu by’inshuti ko byazashyigikira u Rwanda muri gahunda yo gushyira inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi, mu murage w’ishami rya Loni rishinzwe uburezi, ubumenyi n’umuco.
Ministiri w’Ubutwererane n’Amahanga, Denis Christel Sassou N’Guesso, wari uhagarariye leta ya Congo muri uyu muhango, yashimiye u Rwanda ku ntambwe nini rumaze gutera mu kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, rukaba ari intangarugero mu mahanga.
Denis Christel Sassou N’Guesso yanavuze kandi ko leta ya Congo yifatanije n’Abanyarwanda mu rugendo rwo kubaka amahoro.
Muri uyu muhango herekanywe ubuhamya bwa Claire Ruyuki warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi hanacanwa urumuri rw’icyizere.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!