IGIHE

Perezida Kagame yageze i Los Angeles gutangiza imikino Olempike yo mu mpeshyi

0 25-07-2015 - saa 10:16, Philbert Hagengimana

Perezida Kagame yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho biteganyijwe ko yitabira umuhango wo gutangiza imikino idasanzwe ya Olempike ikinwa mu mpeshyi, ihuza abakinnyi 6500 baturutse mu bihugu bisaga 150.

Imikino yitwa "The 2015 Special Olympics World Summer Games" iba buri myaka ibiri, 2015 biteganyijwe ko izitabirwa n’abakinnyi babarirwa mu 6,500 baturutse mu bihugu 165 ikaza gufungurwa n’Umugore wa Perezida Barack Obama nk’umushyitsi mukuru.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame anitabira inama ku iterambere ridaheza.

Muri iyo mikino ya Olempike, u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi basiganwa ku maguru bahatana muri marato (biruka ibirometero 42) n’abakina umukino wo koga.

Abakinnyi batanu ni bo bahagarariye u Rwanda muri iyi mikino yatangijwe na Eunice Kennedy Shriver mu 1968, uyu mwaka hakazakinwa imikino 25 itandukanye.

Imikino iratangira uyu munsi tariki 25 Nyakanga ikazasozwa tariki 2 Kanama, ikaba ikinwa ku nshuro ya mbere nyuma y’imyaka 16 ibereye muri Amerika mu gihe cy’izuba ‘summer’, ikaba ari inshuro ya 14 kuva iyi mikino yatangira.

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!  

Kwamamaza