Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, ku ngingo zirimo umubano w’ibihugu byombi n’uburyo ibisubizo nyafurika bikwiye gukoreshwa mu gukemura ibibazo by’uyu mugabane.
Ibiganiro by’impande zombi byabaye ku wa 10 Nzeri 2026, ubwo bari bitabiriye inama ya ‘International Space Summit’.
Ubutumwa bwashyizwe kuri X y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro buvuga ko “Abakuru b’ibihugu bombi bashimangiye umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Congo, banungurana ibitekerezo kuri gahunda zihuriweho n’uburyo hakenewe guteza imbere ibisubizo nyafurika biboneye kandi birambye ku bibazo umugabane wacu uhura na byo.”
Ibihugu byombi bisanzwe bifitanye umubano n’ubufatanye mu bya dipolomasi na politiki kuko muri Kanama 2016, u Rwanda rwafunguye Ambasade muri Congo-Brazzaville.
Mu Ugushyingo 2021, ibihugu byombi byagiranye amasezerano y’ubutwererane mu bya gisirikare, ubufatanye mu kuzamura imyigire n’imyigishirize muri za kaminuza, ubutaka, ubufatanye mu iterambere rirambye, kubungabunga ibidukikije, guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi no gukomeza kwagura ubufatanye mu guteza imbere ingendo zo mu kirere.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!