IGIHE

Nduhungirehe yakiriye Umurundikazi wahawe guhagararira UN Women mu Rwanda

0 11-09-2026 - saa 16:30, IGIHE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yakiriye impapuro zemerera Umurundikazi Marie Goreth Nizigama guhagararira Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere ry’Abagore (UN Women) mu Rwanda.

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye izi mpapuro kuri uyu wa 11 Nzeri 2026. Bivuze ko Marie Goreth Nizigama yatangiye ku mugaragaro inshingano nshya zo kuba Uhagarariye UN Women mu Rwanda.

Amakuru yatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda avuga ko aba bombi baganiriye ku buryo bwo kurushaho gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda na UN Women mu nzego zitandukanye.

Marie Goreth Nizigama ni Umurundikazi wagizwe Uhagarariye UN Women mu Rwanda, akaba aje kuyobora ibikorwa by’iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye mu gushyigikira gahunda zigamije guteza imbere uburinganire, kongerera ubushobozi abagore n’abakobwa ndetse no guteza imbere imibereho yabo.

UN Women ni urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rushinzwe guteza imbere uburinganire n’ubushobozi bw’abagore ku rwego mpuzamahanga, rukorana n’ibihugu n’abafatanyabikorwa batandukanye.

U Rwanda na UN Women bisanzwe bifitanye ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo guteza imbere uburinganire, kongerera abagore ubushobozi mu bukungu, kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse no guteza imbere uruhare rw’abagore mu miyoborere.

Marie Goreth Nizigama ni Umurundikazi ufite uburambe mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye bigamije guteza imbere uburinganire n’ubushobozi bw’abagore. Mbere yo kugirwa Uhagarariye UN Women mu Rwanda, yari ashinzwe guhagararira iri shami muri Liberia, aho yayoboye ibikorwa byo guteza imbere uburinganire, kongerera ubushobozi abagore no gushyigikira gahunda zigamije guteza imbere uburenganzira bwabo.

Amb. Olivier Nduhungirehe, yakiriye Marie Goreth Nizigama
Marie Goreth Nizigama yatangiye ku mugaragaro inshingano nshya zo kuba uhagarariye UN Women mu Rwanda
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza