%PDF-1.4 %âãÏÓ
IGIHE yahembwe nk’ikinyamakuru kiza ku isonga mu bikorera kuri internet bikunzwe kurusha ibindi, ku nshuro ya Kane yikurikiranya, mu bihembo bitangwa ku banyamakuru n’ibitangazamakuru byahize ibindi mu mwaka bizwi nka ’Rwanda Development Journalism Awards’.
Ibi bihembo byatangiye gutangwa mu 2012, ariko icyiciro cy’ikinyamakuru gikunzwe gikorera kuri internet ni ubwa kane gitanzwe (inshuro ya mbere yari mu 2016), ku nshuro zose iki gihembo cyegukanywe na IGIHE.
Mu myaka irengaho 10 IGIHE imaze, hafi ya yose uru rubuga rwa internet ruyimaze ari rwo rusurwa kurenza izindi zose mu zikorera mu Rwanda. Muri rusange, muri ibi bihembo IGIHE n’abanyamakuru bayo begukanyemo bine.
Ibi bihembo ngarukamwaka “Rwanda Development Journalism Awards” byatanzwe ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki 8 Ugushyingo 2019 mu nyubako ya Kigali Convention Center ku Kimihurura.
Ni igikorwa gitegurwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB n’Inama y’Igihugu y’Itangazamakuru ifatanyije n’abandi bafatanyabikorwa barimo n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ).
Mu bihembo 27 byatanzwe mu byiciro bitandukanye birimo bitatu byahembwemo abanyamakuru batatu ba IGIHE nayo ihembwa nk’ikinyamakuru gikorera kuri internet gikunzwe kurusha ibindi.
Hakizimana Jean Paul na Rabbi Malo Umucunguzi bahembewe gukora inkuru nziza kurenza izindi mu zirebana n’ibidukikije, mu gihe Umwanditsi Mukuru wa IGIHE, Philbert Girinema yahembewe gukora ibiganiro [interviews] byiza kurenza abandi.
Ni ku nshuro ya kane IGIHE yegukanye igihembo cy’igitangazamakuru gikorera kuri internet yikurikiranya kuko kuva mu 2016 ariyo ihiga ibindi bitangazamakuru bikorera kuri internet binyuze mu matora n’ubushakashatsi.
Intera iri hagati ya IGIHE n’izindi mbuga zitangaza amakuru mu Rwanda ni ndende cyane
Kugeza ku mugoroba wo ku wa 8 Ugushyingo 2019, imibare itangazwa n’Ikigo Mpuzamahanga ’Alexa’ gikora urutonde [hifashishijwe uburyo kabuhariwe] rugaragaza uko imbuga za internet zikurikirana ku Isi, igaragaza ko IGIHE iza ku mwanya wa kabiri mu Rwanda ikurikirana na Google.com, naho ku Isi ikaza ku mwanya wa 7,253.
Intera iri hagati ya IGIHE n’urubuga rwo mu Rwanda rutangazamakuru ruyikurikira ni ndende cyane kuko urugwa mu ntege IGIHE ruza ku mwanya wa 28,426.
IGIHE isurwa buri kwezi n’abarenga miliyoni, bayisura inshuro zirenga miliyoni 5 mu kwezi.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kayitesi, yashimye uruhare rw’itangazamakuru mu kwihutisha iterambere no kugera ku cyerekezo 2063, avuga ko impamvu y’ibi bihembo ari ukongera ubunyamwuga no gushishikariza abanyamakuru gukora umwuga bawukunda.
Ibihembo byatanzwe mu buryo bukurikira:
Inkuru nziza y’Umwaka (News Reporting Award)
Karinijabo Jean de Dieu ukorera/Radio&Tv1.
Umunyamakuru uvuga neza amakuru kuri Radio
Mwanafunzi Ismael/Radio Rwanda(RBA)
Umunyamakuru wakoze inkuru nziza ivuga ku Kurengera ibidukikije (Environment Reporting Award)
1. Hakizimana Jean Paul/IGIHE
2. Rabbi Malo Umucunguzi/IGIHE
Umunyamakuru uvuga neza amakuru kuri TV
Paul Rutikanga/TV Rwanda(RBA)
Inkuru icukumbuye (Investigative)
Nzabandora Théogène/Radio&Tv Izuba
Feature Documentary(Inkuru ikusanyije)
Nshimyumukiza Janvier/IMVAHO NSHYA
Umunyamakuru wateguye akanabaza ibibazo neza (Interview of the Year)
Girinema Philbert /IGIHE
Umunyamakuru wafashe amashusho meza (Video Journalism)
Muhire Aristide/RTV (RBA)
Umunyamakuru wafashe amafoto meza (Photo Journalism category)
Kwizera Emmanuel/The New Times
Umunyamakuru wakoze inkuru nziza y’Ubukungu(Business, Finance and Economics Journalism Award)
Iriza Diane/RBA
Ikiganiro cy’imikino gihiga ibindi(Sports Journalism Award)
Urubuga rw’imikino/Radio Rwanda(RBA)
Ikiganiro gihiga ibindi (Talk Show Award)
Imboni musesenguzi cya Jean Pierre Kagabo/RBA
Radio y’Abaturage ihiga izindi(Community Radio of The Year)
Radio Huguka
Radio yahize izindi
Radio Rwanda (RBA)
Televiziyo ikunzwe kurusha izindi
Televiziyo Rwanda (RTV)/ RBA
Ikiganiro cy’imyidagaduro gikunzwe kurusha ibindi(Entertainment Show)
Amahumbezi/RBA
Ikinyamakuru gikunzwe kuruta ibindi byandikirwa kuri internet
IGIHE.com
Umunyamakuru w’umugore wahize abandi (Female Journalism of the Year)
Iriza Diana/RBA
Ibyiciro byihariye
Umunyamakuru wakoze inkuru nziza ivuga ku bumwe n’ubwiyunge(Unite and Reconciliation Award)
Ntakirutimana Alfred/Radio&Tv1
Umunyamakuru wakoze inkuru nziza ivuga ku Buringanire n’abana (Gender, Children reporting Award)
1. Umuhoza Honnore/Radio&Flash TV
2. Ishimwe Rugira Gisele/Kigali Today
Umunyamakuru wakoze inkuru nziza ivuga ku ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT and Telecominication Award)
Karinijabo Jean de Dieu /Radio&Tv1
Umunyamakuru wakoze inkuru nziza y’Ubuzima (Health Reporting Award)
Mutuyezu Jean Claude/RBA
Umunyamakuru wakoze inkuru mu Kinyarwanda cyiza (Ikinyarwanda Kinoze Award)
Hakizimana Malachie/Kigali Today
Umunyamakuru wakoze inkuru nziza ivuga ku muco (Culture Promotion Award)
Kanamamugire Emmanuel/Top Africa News
Umunyamakuru wakoze inkuru nziza ivuga ku gutanga serivisi inoze (Service Delivery promotion Award)
Mbonyumugenzi Jean Bosco/Impamba.com
Umunyamakuru umaze igihe mu mwuga, waranzwe n’ubunyamwuga, ubuhanga..(Lifetime achievement Award)
Amabilisi Sibomana/wahoze akorera Radio Rwanda
Umunyamakuru w’Umwaka(Journalist of the Year)
Kalinijabo Jean de Dieu/Radio&Tv1
Uretse Sibomana, umunyamakuru w’umwaka n’umugore/umukobwa wahize abandi bahawe igihembo na Miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda abandi bagiye bahabwa igihembo n’ibihumbi 800 Frw
Amafoto: Niyonzima Moïse
Video: Salomo George
evariste@igihe.rw
Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!