IGIHE

Gisagara: Gitifu w’Umurenge wa Kansi yatawe muri yombi

0 9-08-2026 - saa 13:47, Theodomire Munyengabe

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kansi, Gasana Isaie yatawe muri yombi, mu gihe yari ataramara amezi atandatu mu kazi.

Itabwa muri yombi rya Gasana ryatangiye kuvugwa ku wa 6 Kanama 2026.

Ntiharatangazwa ibyaha akurikiranyweho, gusa amakuru IGIHE yamenye ni uko itabwa muri yombi rye rifitanye isano n’ibikorwa byo kurwanya inzoga zitujuje ubuzirange, aho ngo mu murenge ayoboye hari uruganda rwengaga ibinyobwa bitujuje ubuziranenge rwafunzwe n’Ikigo Gishinzwe Ubuziranenge, Rwanda FDA, ariko nyuma rukongera gukora, FDA yasubirayo itunguranye igasanga ruri mu bikorwa byakabaye byarahagaze.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habineza Jean Paul, yabwiye IGIHE ko koko uyu muyobozi wa Kansi ari mu maboko y’Ubugenzacyaha.

Ati “Ni byo koko akurikiranywe n’ubugenzacyaha. Ni bwo bwasobanura neza ibyaha akurikiranyweho.”

Visi Meya Habineza, yakomeje avuga ko Gitifu Gasana afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ndora, mu Karere ka Gisagara, mu gihe iperereza rigikomeje ngo hamenyekane neza ibyo akurikiranyweho.

Gitifu Gasana yari amaze igihe kitageze ku mezi atandatu ayobora Umurenge wa Kansi, umwanya wari mushya kuri we kuko yabanje kuba Umuhuzabikorwa w’Akarere w’Urwego rwunganira Akarere mu gucunga Umutekano (DASSO) mu turere twa Nyaruguru na Karongi.

Amabwiriza yo kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge mu gihugu hari bamwe mu bayobozi akomeje kugora gushyira mu bikorwa, urugero rwa hafi ni aho mu Ntara y’Uburasirazuba, abasaga 100 bahagaritswe mu nshingano ingunga imwe bazira kutitwara neza muri iki kibazo.

Inzoga zitujuje ubuziranenge ziri gucibwa mu Rwanda, ni ikibazo kitoroshye, kuko Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko zangije ubuzima bwa benshi, aho mu mezi atandatu ashize, abantu 50 bishwe na zo, 100 barahuma.

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza