IGIHE

Burera: Ingo zirenga 8.000 ntiziragezwaho amashanyarazi

0 9-08-2026 - saa 09:05, Nshimiyimana Eric

Ingo zirenga 8.000 zo mu Karere ka Burera ntiziragezwaho amashanyarazi. Ni mu gihe muri gahunda za Leta zigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, amashanyarazi ari imwe mu nkingi za mwamba zihabwa umwanya ukomeye.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko kugeza uyu munsi ingo zirenga 82.907 zimaze guhabwa amashanyarazi ndetse barajwe inshinga no kuyageza ku miryango 8.879 itarayagezwaho.

Mu mwaka wa 2017, mu kwegereza abaturage amashanyarazi, Akarere ka Burera kari kageze kuri 23,4% mu gihe umwaka wa 2024 wasize kageze kuri 51%.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Mukamana Soline mu kiganiro na IGIHE, yagaragaje ko barajwe inshinga no kugeza amashanyarazi ku miryango itarayagezwaho.

Ati “Ingo zagejejweho amashanyarazi kugeza ubu ni 82.907 mu miryango 91.786 bingana na 90,3% by’imiryango imaze kuyagezwaho, aho hasigaye ingo 8.879 kandi dukomeje gukorana n’inzego zose muri rusange zibifite mu nshingano kugira ngo nabo bagerweho.”

Meya Mukamana yakomeje agaragaza ko aho amashanyarazi amaze kugezwa ubukene bwagabanutse, kuko amahirwe yo guhanga imirimo yahise aba menshi kuri bo. Ubukene bwavuye kuri 50,4% bugera kuri 21,79%.

Biteganyijwe kandi ko muri gahunda yo kwihutisha iterambere y’imyaka itanu (NST2) aka karere kazagezwamo ibilometero 63 by’imihanda izaba icaniwe.

Muri Burera, ingo zirenga 8.000 ntiziragezwaho amashanyarazi
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza