IGIHE

Obama yasabye ko Umurundi Pierre Claver Mbonimpa yakurwa mu buroko

0 25-09-2014 - saa 07:52, Claude

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’ Amerika, Barack Obama, yasabye ko Pierre Claver Mbonimpa Umuyobozi w’ishyirahamwe riharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu Burundi (APRODH) yarekurwa.
Obama yabitangaje kuwa Gatatu tariki 24 mu nama mpuzamahanga y’Umuryango w’Abibumbye yabereye i New York, Mbonimpa akaba ari umwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu 10, Obama yashimiye ibikorwa byabo biharanira kugira Isi nziza.
Mbonimpa yafunzwe tariki ya 15 Mata 2014 akurikiranweho gushinja Leta (…)

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’ Amerika, Barack Obama, yasabye ko Pierre Claver Mbonimpa Umuyobozi w’ishyirahamwe riharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu Burundi (APRODH) yarekurwa.

Obama yabitangaje kuwa Gatatu tariki 24 mu nama mpuzamahanga y’Umuryango w’Abibumbye yabereye i New York, Mbonimpa akaba ari umwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu 10, Obama yashimiye ibikorwa byabo biharanira kugira Isi nziza.

Mbonimpa yafunzwe tariki ya 15 Mata 2014 akurikiranweho gushinja Leta y’u Burundi guha intwaro urubyiruko no kurwohereza mu myitozo ya gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibi yabivuze mu kiganiro yatanze kuri radio, ahita ashinjwa guhungabanya umudendezo w’ igihugu.

Perezida Obama yasabye ko Mbonimpa arekurwa

Obama yagize ati “ Duhangayikishijwe n’abagifunzwe kugeza ubu nko mu Burundi, Pierre-Claver Mbonimpa cyangwa mu Musiri, Ahmed Maher. Bakwiriye kurekurwa. Ubwiyongere bw’akarengane kuri sosiyete sivile ni ubukangurambaga bugamije guca intege demokarasi. Mbese igikwiriye ubu ni ubukangurambaga bufite ingufu mu guharanira demokarasi. Aba bantu ni urugero rudasanzwe ku bushake (bwa demokarasi) batigera bagaragara cyane mu bitangazamakuru.”

Yakomeje agira ati “Aba ni bo birengagiza abo bari bo kugira ngo barebe ko Isi yaba nziza. Ariko iyo guverinoma zikomeje kwivanga muri politiki zirwanya abaturage cyangwa sosiyete sivile zikeka ko ntawe uzikurikirana, ni umurimo wacu kubyitaho kuko ntimuri mwenyine… (abaharanira uburenganzira bwa muntu), Leta Zunze Ubumwe z’ Amerika ziri kumwe namwe, perezida wazo ari kumwe na mwe.”

Perezida Obama yagarutse cyane ku ifungwa rya Mbonimpa uhagarariye APRODH, umuryango wa mbere uharanira uburenganzira bwa muntu; ashinjwa guhungabanya umutekano wa Leta y’u Burundi.

Nubwo ubuzima bwe butameze neza kuva mu byumweru bitatu bishize, bikaba bivugwa ko yari akeneye ibitaro, Urukiko rukuru mu Burundi rwategetse ko Mbonimpa yaguma mu buroko nubwo abamwunganira mu by’amatgeko bakomeza gutakamba basaba ko yakoroherezwa ku mpamvu z’ubuzima bwe.

Pierre Claver Mbonimpa ufunzwe n'u Burundi

Nk’uko tubikesha Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), urukiko rwategetse ko Minisiteri y’Ubuzima yamushyiriraho komisiyo y’ubuvuzi kugira ngo ijye ikora raporo ku buzima bwe n’uko buhagaze.

Iyicarubozo yakorewe ryamuteye ishyaka ryo gushinga APRODH

Mbere y’uko Mbonimpa ashinga APRODH, yari umukozi wa Leta muri Minisiteri y’Ubukungu n’Imari. Yabaye kandi umupolisi mukuru, aho yari ashinzwe gucunga umutekano wo mu kirere n’iby’imipaka.

Akiri umupolisi ni bwo yafunzwe bwa mbere, nabwo ashinjwa gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko, amara imyaka ibiri mu buroko muri Gereza Nkuru ya Mpimba guhera mu mwaka wa 1994-1996.

Muri iyi myaka ibiri, bivugwa Mbonimpa yakubitwaga akanashinyagurirwa, bimutera kumva hari icyo yakora mu kurengera uburenganzira bw’ikiremwamuntu; ari naho yafatiye icyemezo cyo gushinga umuryango APRODH.

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!  

Kwamamaza