Umunyarwenya Mitsutsu umaze iminsi ataka ko ubuzima bumukomereye nyuma y’uko umuvandimwe we amaze imyaka ibiri arembeye mu bitaro, yakusanyirijwe inkunga mu gitaramo cya Gen-Z Comedy cyabaye mu ijoro ryo ku wa 9 Nyakanga 2026.
Iki gitaramo kigeze hagati, Fally Merci yabonye Mitsutsu mu bitabiriye, amuhamagara ku rubyiniro asobanurira abari bacyitabiriye ibibazo uyu munyarwenya amaze igihe ahura na byo bitewe n’uburwayi bwa murumuna we.
Nyuma yo kubagezaho uko ikibazo giteye, Fally Merci, yasabye abitabiriye iki gitaramo kugira icyo bakora mu rwego rwo gufasha Mitsutsu, bahita batangira gutanga inkunga.
Fally Merci yabwiye IGIHE ko adashobora gutangaza umubare w’amafaranga yakusanyijwe.
Ati "Hari amafaranga yahawe aho mu gitaramo, hari n’ayo yohererejwe kuri Mobile Money. Sinavuga ngo ni angahe kuko mbona atari byo by’ingenzi. Icy’ingenzi ni uko abantu bamenye ikibazo afite kandi hari icyizere ko azabona ubufasha. Turasaba n’abandi kumufasha kuko arakomerewe."
Iki gitaramo, usibye guhuriza hamwe abanyarwenya batandukanye biganjemo abo muri Gen-Z Comedy, cyanitabiriwe n’abahanzi barimo Massamba Intore, waganirije urubyiruko ku ruhare rw’abahanzi mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.
Massamba ntiyagarukiye ku kiganiro gusa, ahubwo yanasusurukije abitabiriye iki gitaramo aririmba zimwe mu ndirimbo ze zizwi, by’umwihariko izigaruka ku rugamba rwo kubohora u Rwanda.
Si Massamba Intore gusa wari watumiwe muri iki gitaramo, kuko na Tity Brown yari yacyitabiriye aho yamuritse indirimbo ye nshya yise "Urare".
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!