IGIHE

Liverpool yabonye umutoza mushya

0 3-06-2026 - saa 11:19, IGIHE

Ikipe ya Liverpool yumvikanye mu magambo n’Umutoza Andoni Iraola kugira ngo azasimbure Arne Slot uheruka kwirukanwa.

Iraola nta kipe yari afite nyuma yo gusezera kuri AFC Bournemouth ku mpera z’umwaka w’imikino ushize wa 2025/26.

Ikinyamakuru The Athletic cyatangaje ko uyu mutoza w’Umunya-Espagne yumvikanye na Liverpool amasezerano y’imyaka ibiri.

Uyu mutoza w’imyaka 43, yagize ibihe byiza mu makipe yanyuzemo arimo AEK Larnaca muri Chypre, Mirandes na Rayo Vallecano muri Espagne na AFC Bournemouth mu Bwongereza.

Biteganyijwe ko itangazo ryemeza uyu mugabo nk’umutoza mushya wa Liverpool rizashyirwa ahagaragara muri iki cyumweru.

Iraola ashaka kujyana muri Liverpool, Tommy Elphick na Shaun Cooper, bombi bari bamwungirije muri AFC Bournemouth.

Liverpool yifuza kwemeza umutoza hakiri kare kandi ujyane n’imikinire yayo y’imipira miremire ndetse n’umukino urimo imbaraga.

Iyi kipe yirukanye Arne Slot ku wa 30 Gicurasi, hashize umwaka umwe uyu Muholandi ayifashije kwegukana Igikombe cya Premier League.

Liverpool yamaze kumvikana na Andoni Iraola uzayitoza mu myaka ibiri iri imbere
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza