IGIHE

Amakipe atatu yo muri Sudani yasabye kwakirira Imikino Nyafurika mu Rwanda

0 11-07-2026 - saa 07:47, Byiringiro Osée Elvis

Amakipe atatu yo muri Sudani ariyo Al Hilal SC, El Merreikh SC na Hilal Al-Sahil Sports Club yasabye gukinira imikino y’amajonjora y’ibanze ya CAF Champions League na Confederation Cup mu Rwanda.

Byatangajwe n’Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, Bonnie Mugabe mu nama nyunguranabitekerezo yahuje itangazamakuru n’ubuyobozi bw’iri shyirahamwe.

Mu mwaka ushize w’imikino, Al Hilal yakiriye imikino y’amatsinda ya CAF Champions League kuri Stade Amahoro. Ni mu gihe, El Merreikh SC yakinnye Shampiyona y’u Rwanda.

Hilal Al-Sahil Sports Club ni yo kipe nshya yiyongereye kuri aya makipe, aho izahagararira Sudani muri CAF Confederation Cup.

Hilal Al-Sahil Sports Club izaba ikipe ya gatatu yo muri Sudani izakirira imikino yayo mu Rwanda
Mu mwaka ushize w'imikino, Al Hilal SC yakiriye imikino yayo ya CAF Champions League mu Rwanda
Al Merrikh SC izakirira Imikino Nyafurika mu Rwanda
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza