IGIHE

Visit Rwanda yagiranye ibihe byiza na Theo Walcott wakiniye Arsenal

0 26-07-2024 - saa 11:55, Iradukunda Olivier

Rutahizamu Theo Walcott, wakiniye Arsenal yagaragaye mu kiganiro cyibanda ku bukerarugendo bw’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda yaherekeje iyi kipe yo mu Bwongereza mu rugendo rwitegura umwaka utaha w’imikino.

Ni ikiganiro cyabaye ku wa Kane, tariki ya 25 Nyakanga 2024, kibera ku kibuga cya SoFi Stadium cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho Arsenal izakinira na Manchester United ku wa Gatandatu.

Theo Walcott yahuye n’abarimo Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), Gatare Francis, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubukerarugendo, Kageruka Ariella, n’abandi.

Muri iki kiganiro hagaragarijwemo ko u Rwanda atari igihugu giha agaciro ingagi gusa, ahubwo by’umwihariko kigira uruhare mu gutuma umurage w’ibi binyabuzima udacika.

Iki kiganiro cyagaragayemo na Gilberto Aparecido da Silva na we wabaye umukinnyi w’ikirangirire mu Ikipe y’Igihugu ya Brazil na Arsenal, ndetse mu 2022 akaba ari mu bagize amahirwe yo kwita izina umwe mu bana b’ingagi.

Icyo gihe yise umwana w’umuhungu ari we Impanda ‘Trumpet’, wavukaga kuri Umutungo akanakomoka mu muryango witwa Sabyinyo.

Walcott yagiye muri Arsenal avuye muri Southampton, ayikinira imikino irenga 250 mbere yo gukinira Everton no kongera gusubira mu ikipe yatangiriyemo gukina ari na ho yahagarikiye gukina mu mwaka ushize.

Igikorwa cyo guhuriza hamwe abanyabigwi bakaganira ku kubungabunga ibidukikije no kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda, ni bimwe mu bihabwa agaciro kuva mu 2018 ubwo u Rwanda rwatangiraga kugirana imikoranire na Arsenal.

Theo Walcott yakiriwe n'abarimo Umuyobozi wa RDB, Francis Gatare
Abanyabigwi ba Arsenal ntibahwema kwerekana ibyiza byo gusura u Rwanda
Theo Walcott na Gilberto Silva bitabiriye ikiganiro cya Visit Rwanda cyabereye muri Amerika
Visit Rwanda ikomeje kugira uruhare mu kuzamura ubukerarugendo bw'u Rwanda
Ikiganiro cyabereye kuri SoFi Stadium, imwe mu nziza muri Amerika
Umuyobozi w'Ishami ry'Ubukerarugendo muri RDB, Kageruka Ariella, yerekanye aho u Rwanda rugeze mu kwita ku ngagi zo muri Pariki y'Ibirunga
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza