Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Anthony Capuano, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’ishoramari mu by’amahoteli, Marriott International.
Amakuru dukesha Village Urugwiro avuga ko ibiganiro byabo byagarutse ku kurushaho guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo no kwakira abantu mu Rwanda.
President Kagame met with Anthony Capuano, Marriott International President and CEO, for discussions on further growing Rwanda’s travel and hospitality sector. pic.twitter.com/pmiD1iSVge
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) July 3, 2024
Ku ruhande rw’u Rwanda, ibi biganiro byanitabiriwe n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, Francis Gatare, Umuyobozi ushinzwe ubukerarugendo bushingiye ku muco muri RDB, Denise Omany n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi Ushinzwe Imari ya Leta, Richard Tusabe.
U Rwanda ruri mu bihugu Marriott International ifitemo ishoramari cyane ko ariyo nyiri Kigali Marriott Hotel na Four Points by Sheraton.
Anthony Capuano agiriye uruzinduko mu Rwanda nyuma y’amezi make agiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana. Byibanze ku ishoramari ry’iki kigo mu Rwanda, ndetse no kurebera hamwe andi mahirwe gishobora kubyaza umusaruro mu bijyanye n’ubukerarugendo.
Kigali Marriott Hotel yafunguwe ku mugaragaro ku wa Kabiri tariki 4 Ukwakira 2016. Ni imwe muri hoteli zo ku rwego rw’inyenyeri eshanu zikorera mu Rwanda.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!