Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko amasezerano y’u Rwanda na RDC agamije gushyira iherezo ku bibazo bimaze igihe hagati y’impande zombi, azashyirwaho umukono igihe ibiganiro bizaba byatanze umusaruro ufitiye inyungu buri wese urebwa.
Hashize iminsi hari ibiganiro byagizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse byari byavuzwe ko muri uku kwezi kwa Kamena hagati, aribwo amasezerano agomba gushyirwaho umukono, bigakorerwa i Washington muri White House.
Nduhungirehe ubwo yasubizaga ubutumwa bwavugaga ko amasezerano hagati y’impande zombi azasinywa kuri iki Cyumweru, yavuze ko nta tariki irashyirwaho kuko ibiganiro bihuza impuguke ku mpande zombi aribwo bigitangira.
Ati “ Nta masezerano azasinywa kuri iki Cyumweru tariki 15 Kamena 2025 i Washington. Hagati muri Kamena yari intego yari yiyemejwe mbere, y’igihe amasezerano azashyirirwaho umukono muri White House, ariko byabaye ngombwa ko bigendana n’imiterere y’ibiganiro.”
Yakomeje agira ati “Nyuma y’ibiganiro bitandukanye kuri email hagati ya Amerika, Congo n’abayobozi b’u Rwanda, ibiganiro by’imbonankubona hagati y’itsinda ry’impuguke, ubu nibwo biri gutangira i Washington.”
“Intego ni uko habaho ukuganira mu buryo butomoye, bushingiye ku kuri no kugera ku masezerano yumvikanyweho afitiye inyungu buri ruhande, aho nagerwaho, azashyikirizwa ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga kugira ngo bayemeze hanyuma ahabwe abakuru b’ibihugu kugira ngo bayasinye.”
No peace deal will be signed this Sunday 15 June 2025 in Washington. "Mid-June" was indeed the initial target for the signing of the agreement at the White House, but it had to be adapted to the reality of the negotiations.
After several exchanges on email between US, Congolese… https://t.co/KKhk5sSETg
— Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) June 14, 2025
Urugendo ruganisha kuri aya masezerano, rukubiyemo ibintu byinshi bigomba kubanza gukorwa mbere y’uko ashyirwaho umukono. Muri byo, harimo ko RDC igomba kubanza gukemura ibibazo by’umutekano bibangamiye u Rwanda, by’umwihariko ikibazo cya FDLR.
Amerika kandi yasabye ko u Rwanda guhagarika ubufasha ivuga ko ruha M23, nubwo rwakomeje kubihakana inshuro nyinshi. Ku rundi ruhande, RDC isabwa gukora amavugurura y’imbere mu gihugu agena uburyo umutungo usaranganywa kugera ku turere. Ibi binajyana kandi no gukora amavugurura mu miyoborere ajyanye no kwegereza ubuyobozi abaturage.
Kuyashyiraho umukono nibirangira, Amerika na yo izasinyana n’ibihugu byombi ajyanye n’ubukungu. Kuva Trump yajya ku butegetsi, ibikorwa bijyanye n’ubucuruzi ni byo yashyize imbere ya byose.
Amerika ivuga ko mu masezerano izasinyana n’ibihugu byombi, ni ukuvuga u Rwanda na RDC, ayo izagirana na Congo ari yo manini cyane ko ari igihugu gifite umutungo kamere mwinshi gusa ntirenza ingohe u Rwanda.
Ivuga ko u Rwanda rufite na rwo umutungo kamere mwinshi, rukagira n’akarusho kuko rufite ubushobozi mu bucukuzi no mu gutunganya amabuye y’agaciro, rukaba rufite n’uburyo buhamye bwo kuyageza ku isoko mpuzamahanga.
Boulos ati “U Rwanda na rwo rufite umutungo kamere n’ubushobozi hamwe n’amahirwe yihariye mu bijyanye n’amabuye y’agaciro, hamwe no mu bijyanye n’ubucukuzi, bitari ibyo gusa ahubwo no mu bijyanye no kuyatunganya no kuyacuruza.”
Amasezerano y’ubucuruzi agena ko sosiyete zo muri Amerika zizashora imari muri RDC ndetse n’izindi zo mu bihugu by’inshuti za Amerika na zo ziri gushishikarizwa kubikora. Amerika ivuga ko hari sosiyete ziri mu biganiro byo kuba zashora nibura miliyari 1,5$ muri RDC.
Uruhande rwa Amerika muri aya masezerano y’ubucuruzi hagati yayo n’u Rwanda na RDC, ruzajya rurebererwa n’Ikigo Mpuzamahanga cya Amerika gishinzwe iterambere n’imikoranire mu rwego rw’imari, DFC.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!