IGIHE

P-Fla, Jay C na Racine mu bashimishije benshi muri ‘I Am Hip Hop Festival’ (Amafoto)

0 5-07-2025 - saa 14:17, Uwiduhaye Theos

Abaraperi batandukanye barimo abamaze igihe n’abandi bari kubizamo vuba, bashimishije abitabiriye iserukiramuco rya ‘I Am Hip Hop’, riri kuba ku nshuro yaryo ya kabiri.

Iri serukiramuco ryatangiye ku wa 4 Nyakanga 2025, bikaba biteganyijwe ko risozwa ku wa 5 Nyakanga. Riri guhuriza hamwe abanyempano batandukanye mu njyana ya Hip Hop. Riri kubera muri Institut Français du Rwanda Kimihurura.

Ku munsi wa mbere ryaririmbyemo abahanzi batandukanye barimo Dylack uri mu bakobwa bari kuzamuka muri iki gihe, Nzeythegreat & Dju Griffin na Taz umaze kuba umwe mu batangiye kwigwizaho abakunzi b’umuziki.

Aba baje bakorera mu ngata Icenova na we wishimiwe mu bihangano bye bitandukanye. Hollix uri mu baraperi bamaze gutangira kubaka izina mu muziki Nyarwanda yagiye ku rubyiniro asangaho Taz. Baririmbanye indirimbo bahuriyemo bise ’Exit’ bashimisha benshi.

Nyuma yayo Hollix yahise akomeza n’izindi ndirimbo ze zirimo iyo yise ’2K3’, ’2PAC muri Njye,’ ’Letter ya Star’, ’Virus’ yahuriyemo na Ish Kevin n’izindi zitandukanye.

Izi ndirimbo Hollix yaziririmbanye n’abasore bahuriye mu cyo yise ’Violation Gang’.

P-Fla ni umwe mu baraperi bakuru bigaragaje muri iki gitaramo. Yaririmbye indirimbo ze zitandukanye zirimo ’Naguhaye Imbaraga’, ’Ntuzankinishe’, ’Akabindi k’Uburozi’, ’Ubutumwa’ n’izindi zitandukanye.

Yagezemo hagati ari kuririmba avuga ko yishimiye gutaramana na bamwe mu bo yaririmbye izi ndirimbo bakiri abana bato, avuga ko kandi yishimira intambwe ya Hip Hop muri iki gihe mu Rwanda.

Uyu muhazi yaririmbye ari gufashwa na GSB, na we uri mu baraperi bakizamuka ndetse witegura gushyira hanze album ye nshya yise ’Amapingu y’Ubwonko’. Iyi album izajya hanze muri uku kwezi.

Jay C na we ari mu baraperi bakuru bitabajwe muri iki gitaramo. Uyu mugabo yaririmbye indirimbo ze zitandukanye zakunzwe zirimo “Am Back” yahuriyemo na Bruce Melodie, “Isugi”, “Isengesho ry’Igisambo” n’izindi. Ari kuririmba yagezemo hagati, ahamagara abana be bajya kumufasha ku rubyiniro.

Nyuma yo kungikanya imirongo kwabo, Jay C ati “Mwababonye ko nabibyariye ntabwo muzankira, nzavaho bankorera mu ngata. Nabyaye abazansimbura. Na bo bizagende gutyo.”

Abandi baririmbye muri iri serukiramuco barimo Racine waririmbye indirimbo ze zitandukanye zirimo ’Nzura’, ’Agahugu’, ’Guaranty’, ’I, O’ na ’Nsengera’. Ku rundi ruhande, Romeo Rapstar yigaragaje mu bihangano bye bitandukanye.

Iki gitaramo cya mbere mu iserukiramuco rya ‘I Am Hip Hop’, cyasojwe n’uwitwa Dan ’Ngaara’ Ngalamulume, uri mu baraperi bakiri kuzamuka.

Iri serukiramuco ryatangiye mu 2017 nk’uruhererekane rw’ibitaramo byaberaga ahantu hatandukanye muri Kigali kugeza mu 2024 ubwo ryahindukaga iserukiramuco rinini ryitabirwa n’abahanzi batandukanye bakomeye muri Hip Hop Nyarwanda.

Kuva ubwo, ryabaye urubuga rukomeye rihuza abahanzi ba Hip-Hop bo mu Rwanda n’abakunzi babo, rikanabafasha kwagura ibikorwa byabo.

Iri ni iserukiramuco ryihariye kuko ari ryo ryonyine mu Rwanda rihuza ibikorwa byose bijyanye n’umuco wa hip-hop, birimo ibitaramo, imbyino za ‘breakdance’, graffiti, imurikagurisha rya streetwear, mixes za ba-DJs ndetse n’amasoko y’ibicuruzwa bijyanye n’uyu muco.

Intego yaryo ni ukwerekana ubuzima bwuzuye bwa hip-hop ndetse no gufasha abahanzi, ababyinnyi n’abandi bafite aho bahuriye n’iyi njyana kwegera abafana babo no gusangira ubuhanzi n’ubutumwa.

P Fla yagiye ku rubyiniro yitwaje GSB uri mu baraperi bari kuzamuka muri iki gihe
P Fla yataramiye abitabiriye ‘I Am Hip Hop Festival’ mu ndirimo zitandukanye abantu bakunze
Jay C aganira na Prime Mazimpaka mbere yo kujya ku rubyiniro
Ubwo Jay C yari ari ku rubyiniro
Dylack uri mu bakobwa bakizamuka yasusurukije abitabiriye ‘I Am Hip Hop Festival’
Abakunzi ba Hip Hop bari bishimye mu buryo budasanzwe
Abaraperi bakizamuka bahawe rugari mu gitaramo cya ‘I Am Hip Hop Festival’ barigaragaza
Abantu batandukanye bari bitabiriye ‘I Am Hip Hop Festival’
Muri ‘I Am Hip Hop Festival’ hamuritswe n'imyenda
Hollix yagaragarijwe urukundo mu ndirimbo ze zitandukanye muri ‘I Am Hip Hop Festival’
'I Am Hip Hop' ‘I Am Hip Hop Festival’ yabaga ku munsi wayo wa mbere
Bamwe baje muri ‘I Am Hip Hop Festival’ mu myambaro idasanzwe
Ubwo Ice Nova yari ari gutaramira abitabiriye ‘I Am Hip Hop Festival’
‘I Am Hip Hop Festival’ ntabwo yitabiriwe cyane
‘I Am Hip Hop Festival’ ishimirwa giteza imbere Hip Hop yo mu Rwanda
Abagize Nzeythegreat & Dju Griffin basusurukije abitabiriye ‘I Am Hip Hop Festival’ karahava
Malaika ukora Uptrend Podcast ni we wayoboye ‘I Am Hip Hop Festival’
Ngaara uri mu bahanzi bakizamuka yataramiye abitabiriye ‘I Am Hip Hop Festival’
Ubwo Racine yari yiteguye kujya ku rubyiniro
Romeo Rapstar na we yigaragaje
Taz na we yashimishije abakunzi na Hip Hop
Romeo ni umwe mu baraperi bahawe umwanya muri ‘I Am Hip Hop Festival’ arigaragaza

Amafoto: Nzayisingiza Fidèle

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza