IGIHE

Ykee Benda yambitse impeta inkumi bitegura kurushinga (Amafoto)

0 13-06-2025 - saa 21:48, Nsengiyumva Emmy

Ykee Benda uri mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Uganda, akomeje gusangiza abamukurikira amafoto agaragaza ibirori yakoze byo kwambika impeta inkumi bitegura kurushinga mu minsi iri imbere.

Ykee Benda ubusanzwe witwa Wycliff Tugume, kuri uyu wa 13 Kamena 2025 nibwo yambitse impeta inkumi yitwa Emilly bitegura kurushinga mu minsi ya vuba.

Urukundo rwa Ykee Benda na Emilly rwatangiye kuvugwa mu 2023, ubwo uyu muhanzi yasangizaga abamukurikira amafoto bari kumwe.

Ykee Benda afashe icyemezo cyo kwamika impeta uyu mukobwa nyuma yo gutandukana na Julie Batenga bafitanye umwana w’umuhungu witwa Dante.

Kugeza ubu amakuru ahari ahamya ko ku wa 13 Nzeri 2025 ari bwo umuryango wa Ykee Benda uzajya mu wo kwa Emilly gusaba no gukwa mbere y’uko basezerana yaba imbere y’amategeko n’imbere y’Imana.

Uyu muhanzi uri mu bafite izina rikomeye i Kampala, ni umwe mu bamaze kugerageza gukorana n’abahanzi bo mu Rwanda indirimbo icyakora utarahirwa no kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki bo mu rw’imisozi igihumbi.

Ykee Benda yakoranye na Urban Boys indirimbo bise ‘Nipe’ anakorana na Marina iyo bise ‘Ndokose’.

Ykee Benda yateye ivi asaba umukunzi we ko barushinga
Ibyishimo byarenze uyu mukobwa wahise yemerera Ykee Benda atazuyaje
Amakuru ahari ahamya ko muri Nzeri uyu mwaka Ykee Benda azajya gusaba no gukwa umukunzi we
Ykee Benda yambitse uyu mukobwa impeta nyuma yo gutandukana n'undi bari bafitanye umwana
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza