Nina Roz uri mu bahanzi bamaze igihe bafite igikundiro mu muziki wa Uganda, yahawe ibyangombwa bimwemerera kwinjira mu rugendo rwo kwiyamamariza kuba umu depite ahagarariye abagore mu Karere ka Ssembabule.
Ku wa 10 Kamena 2025 ni bwo Nina Roz yahawe ibyangombwa n’ishyaka rya National Unity Platform (NUP) rya Bobi Wine, bimwemerera kwiyamamariza kuba umudepite mu matora ateganyijwe mu 2026.
Mu gihe Nina Roz yakwemezwa na komisiyo y’Igihugu y’amatora, yazahatana na Mary Begumisa wo mu ishyaka rya NRM riri kubutegetsi unasanzwe ahagarariye abagore bo muri aka karere mu Nteko ishinga amategeko.
Mu minsi ishize ni bwo Nina Roz yatunguranye atangariza abamukurikira ko yifuza kwinjira muri politiki ndetse kuva icyo gihe akunda kugaragara mu bikorwa bya NUP ishyaka ritavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Uganda.
Nina Kankunda wamamaye nka Nina Roz, ni umwe mu bahanzikazi bo muri Uganda bakundirwa ikimero cye.
Uyu muhanzikazi udakunze guhisha ko afite ibisekuruza mu Rwanda, yakunzwe mu ndirimbo nka Billboard kipande, Nangana yakoranye na Daddy Andre, Wangi n’izindi nyinshi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!