Abahanzi bitabiriye ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ bifatanye n’abaturage b’Akarere ka Musanze muri siporo rusange yabaye mu ijoro ryo ku wa 4 Nyakanga 2025.
Iki gikorwa gitegurwa n’ubuyobozi bw’Akarere bufatanyije n’abategura iri serukiramuco, ni kimwe mu byitabirwa n’urubyiruko rutari ruke ruba rwifuza kwifatanya n’abahanzi muri siporo rusange.
Siporo rusange ni kimwe mu bikorwa bikunze kubera mu bitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ mu turere dutandukanye tuberamo ibi bitaramo.
Juno Kizigenza waganiriye na IGIHE ubwo bari barangije iyi siporo rusange, yavuze ko "Gukangurura urubyiruko gukora siporo ni ukurukangurira kwita ku buzima bwabo. ni iby’agaciro rero kuba twakorana siporo nabo."
Ibi bitaramo bigiye gutangirira mu Karere ka Musanze, byitezwe ko bizakomereza i Gicumbi, Ngoma, Nyagatare, Huye, Rusizi na Rubavu.
Ni ibitaramo byatumiwemo abahanzi banyuranye barimo Kvumbi King, Ariel Wayz, Juno Kizigenza, Nel Ngabo, Riderman, Bull Dogg na King James.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!