IGIHE

Miss Uwase Raissa Vanessa yasezeranye imbere y’amategeko (Amafoto na video)

0 12-06-2025 - saa 13:57, Nsengiyumva Emmy

Miss Uwase Raissa Vanessa wabaye Igisonga cya Mbere cya Miss Rwanda mu 2015 yasezeranye imbere y’amategeko na Ngenzi Dylan biyemeje kurushinga, umuhango wabereye mu Murenge wa Kimihurura kuri uyu wa 12 Kamena 2025.

Miss Uwase Vanessa asezeranye na Ngenzi Dylan nyuma y’uko ku wa 7 Kamena 2025 bakoze umuhango wo gusaba no gukwa, aho bakoranyije imiryango igaha umugisha urukundo rwabo.

Byitezwe ko ku wa 14 Kamena 2025, bazasezerana imbere y’Imana, banakire abatumiwe mu bukwe bwabo.

Miss Vanessa wari umaze igihe akundana na Dylan Ngenzi, ku wa 27 Nzeri 2024 yambitswe impeta y’urukundo, uyu musore amusaba ko bakomezanya urugendo rw’ubuzima, undi amwemerera atazuyaje.

Muri Werurwe, Miss Vanessa yafatiwe irembo. Bamenyanye mu 2018, babanza no gukundana icyakora baza kubivamo.

Mu 2023 nibwo amakuru yakomeje kuvugwa ko bongeye gusubirana ndetse urukundo rugeze aharyoshye.

Miss Vanessa ni umwe mu basezeraniye mu Murenge wa Kimihurura
Miss Vanessa n'umugabo we Dylan Ngenzi mbere yo gusezerana imbere y'amategeko
Dylan Ngenzi yarahiriye kuzabana akaramata na Miss Vanessa
Miss Vanessa nawe yarahiriye kuzabana na Dylan Ngenzi bakazatandukanywa n'urupfu
Dylan Ngenzi ashyira igikumwe ku ndahiro ye
Miss Vanessa nawe yashyize igikumwe ku ndahiro ye
Miss Vanessa na Ngenzi Dylan nyuma yo gushyira ibikumwe ku ndahiro zabo bagaragazaga akanyamuneza
Byari ibyishimo kuri Miss Vanessa na Ngenzi Dylan basezeranye imbere y'amategeko

Amafoto: Habyarimana Raoul

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza